RFL
Kigali

Juliana Kanyomozi yateye utwatsi iby’amashusho y’urukozasoni bivugwa ko ari aye

Yanditswe na: Abitije Seraphin Elise
Taliki:22/09/2024 10:59
0


Mu gihe mu Rwanda ibyamamare bitandukanye bigenda bihuzwa n’amashusho y’urukozasoni atandukanye no muri Uganda bimaze kuba uko aho ubu bigeze kuri Juliana Kanyomozi.



Guhera ku wa Gatanu ku mbuga hari guhererekanwa amashusho y’urukozasoni bivugwa ko ari aya Juliana Kanyomozi.

Bamwe mu bakunzi b’uyu muhanzikazi w’ibigwi, bagaragaza ko batari biteguye ibintu nk’ibyo kuri uyu muhanzikazi.

Gusa uyu muhanzikazi yatangaje ko ntaho ahuriye nayo.

Ati”Hari amashusho akomeje guhererekanwa bavuga ko ari ayanjye. Nagira ngo menyeshe abantu mwese n’abakunzi banjye ko atari njye.”

Anavuga ko atazi abari inyuma y’ibiri gukorwa, asaba abantu kumugereza aya makuru ahantu hose hashoboka.

Juliana Kanyomozi ugiye kuzuza imyaka 44, ni umwe mu bahanzikazi bamaze igihe kirekire.Aho yagiye atanga ibyishimo mu ndirimbo zikoze mu njyana zirimo R&B na Afrobeat.

Yamamaye mu ndirimbo zirimo Mama Mbiire yakoranye na Bobi Wine, Haturudi Nyuma na Kidum, Diana n’izindi nyinshi.Juliana Kanyomozi yavuze ko abakomeje gukwirakwiza amashusho y'urukozasoni bayamwitirira babeshya 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND