RFL
Kigali

Perezida Museveni yizihije imyaka 80 amaze abonye izuba mu buryo bwihariye-AMAFOTO

Yanditswe na: Abitije Seraphin Elise
Taliki:16/09/2024 10:17
0


Perezida wa Uganda, Yoweri Museveni yizihije isabukuru y’imyaka 80 amaze abonye izuba, yifatanya n’abaturage bo mu gace ka Nakaseke aho yatanze inkunga akanabasezeranya imishinga yagutse mu ngendo n’ubukungu.



Perezida Museveni yabwiye abatuye mu cyaro cya Kijaguzo ko Guverinoma izakora ibishoboka mu kuzahura ubukungu bwaho harimo no kongera kubasanira imihanda imwe n’imwe ifite ibibazo.

Harimo kandi umuhanda wa Masulita-Luwero, Kiwoko-Butalangu, na Butalangu-Kapeeka-Nakwaya. Yerekana ko iyi mishinga izarushaho guteza imbere ingendo ikanazamura ubukungu.

Perezida Museveni yagaragaje ko abaturage bafite uburenganzira ku mikoreshereze y’ubutaka, bityo ko nta muntu ukwiye kububambura.

Yaboneyeho gutanga inkunga ya Miliyoni zisaga 18Frw kuri Kiliziya ya Kijaguzo, ibintu byakoze ku mutima abatuye muri aka gace anatanga imodoka ku ishuri rya Mutagatifu Kijaguzo.

Ibirori byo kwizihiza isabukuru y'imyaka 80 ya Perezida Museveni byari byagutse cyane, bikaba byitabiriwe n’ibihumbi by'abaturage bo mu bice bya Nakaseke na Luwero.

Benshi mu bagiye bafata ijambo bagaragaje ubudasa bwa Perezida Museveni cyane cyane kuba yarabohoye iki gihugu.

Muri uyu muhango Madamu Janet Museveni yayoboye amasengesho yumvikana ashima Imana yakomeje kuba hafi Perezida Museveni mu buzima bwe n’imiyoborere ye.

Impunzi zituruka mu bihugu bitandukanye birimo Sudani y'Epfo, Ethiopia, Somalia na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo zagize umwanya wo kwiyerekana no gususurutsa abitabiriye iki gikorwa.Perezida Museveni yizihije isabukuru y'imyaka 80 amaze abonye izuba yifatanya n'abaturage bo mu bice bya Nakaseke Perezida Museveni amaze imyaka igera 38 ayobora Uganda na 51 abanye na Madamu Janet MuseveniAbakobwa ba Perezida Museveni Patience na Natasha bifatanije n'umubyeyi wabo wizihiza isabukuruAbayobozi mu nzego zitandukanye barimo aba Minisitiri n'Abadepite bagendanye na Perezida Museveni






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND