RFL
Kigali

Miss Uwase Vanessa yahakaniye kure ibivugwa hagati ye ba Dylan Ngenzi

Yanditswe na: Abitije Seraphin Elise
Taliki:8/09/2024 14:15
0


Umushabitsi wamamaye mu marushanwa y’ubwiza, Miss Uwase Raissa Vanessa mu gihe hakomeje kuvugwa inkuru z’urukundo n’umusore witwa Dylan Ngenzi yabihakaniye kure.



Tariki ya 24 Kanama 2024 ni bwo Miss Uwase Vanessa yabatijwe mu mazi menshi mu muhango wabereye ku rusengero rwa Zion Temple.

Kimwe n’abandi babatizwa muri iyi minsi hatangiye gutekerezwa ko yaba agiye kurushinga dore umunsi yabatirijweho ari na wo Dylan Ngenzi na we yabatirijweho.

Uyu Dylan akaba ari umusore nk'uko bigaragara mu butumwa bwa Miss Uwase Vanessa watumye atera intambwe imuganisha mu kwakira Yesu Kristo.

Kuri uyu munsi Miss Uwase Vanessa yongeye kwenyegeza umuriro ashyira hanze ifoto bari kumwe yongeraho amagambo y’urukundo ati”Ubuhungiro bwanjye.”

Abantu bahise bajya mu nyunganizi batangira kumurata amashimwe bamwifuriza kuzahirwa mu rukundo.

Nyamara mu kiganiro gito InyaRwanda yagiranye na Miss Uwase Vanessa yahakaniye kure ay’amakuru.

Agira ati”Uriya ni inshuti yanjye ntabwo ari umukunzi wanjye.”

Uwase Raissa Vanessa akaba yaramamaye cyane mu irushanwa ry’ubwiza rya Miss Rwanda 2015 aho yegukanye ikamba ry’Igisonga cya Mbere.

Kuri ubu aba mu bushabitsi aho akora ubucuruzi bujyana no gucuruza ibirungo by’ubwiza, imibavu n’ibindi bijyana ahanini no kwita ku ruhu.Ubwo Miss Vanessa yasangizaga abamukurikira iyi foto yongeyeho ko Dylan iyo bari kumwe yumva atekanyeVanessa Uwase aheruka kubatizwa ibintu bamwe bafashe nk'intambwe ya mbere imuganisha ku kurushinga Umunsi Vanessa Uwase yabatirijwe ni na wo Dylan Ngenzi bavugwa mu rukundo ahakana yabatirijweho


 





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND