RFL
Kigali

Byinshi kuri filime ‘Icyaha ni gatozi’ yagaruye mu gakino abarimo Fabiola wanditse amateka yihariye

Yanditswe na: Brenda MIZERO
Taliki:6/08/2024 15:44
0


Abakurikiranira hafi ibya Sinema Nyarwanda, bavuga ko hari impano nyinshi zakanyujijeho mu myaka yashize ariko zagiye ziburirwa irengero ku buryo byasize icyuho gikomeye muri uru ruganda. Kuri ubu rero, hagiye gusohoka filime nshya izagaragaramo Fabiola, umwe mu bakobwa bamamaye cyane muri filime yitwa ‘Amarira y’Urukundo.’



Iyi filime, yitwa ‘Icyaha ni gatozi series’ ni filime nshya y’uwitwa Nishimwe Theopiste, umukobwa wakuranye urukundo rwo gukora Sinema agakora cyane kugira ngo abashe kugera ku nzozi ze. Iyi niyo filime ya mbere agiye gushyira hanze nubwo ahishiye byinshi abanyarwanda.

Mu kiganiro yagiranye na InyaRwanda, yatangaje ko filime ye yahisemo kuyita 'Icyaha ni gatozi,' kuko hari abantu usanga bahora abandi ibyaha batakoze bitwaje ko bafitanye isano na nyiri ugukora icyaha bityo bakabihora uwo bafitanye isano.

Yasobanuye ko icyo yashingiyeho ahitamo abakinnyi bazagaragara muri filime ye, harimo ubuhanga bwabo, kuba basobanukiwe neza ibyo bakora kandi babikora neza. Yatanze urugero ku mukinnyi umwe wigaragaje neza mu bihe byo hambere ndetse benshi mu bakobwa bafatiraho icyitegererezo muri iki gihe wamenyekanye nka Fabiola, maze avuga ko azi gukina ukabona ko akina ibimurimo.

Ati: “Fabiola ni umukinnyi w’umuhanga. Akina ibintu bimurimo kandi ntabishakisha. Ni umukinnyi utaherukaga kugaragara, abafana benshi baramukumbuye bari baramubuze none yagarutse kandi adufitiye byinshi byiza aduhishiye muri iyi filime.”

Agaruka ku cyo buri wese yakwitega kuri iyi filime, Theopiste yagize ati“Bayitegeho amasomo yahindura ubuzima bwabo bwa buri munsi. 

Ubutumwa bukubiyemo ni abantu bakwiye kwiga gushishoza muri buri kimwe no gutekereza ku ngaruka z'ibyo bakora. Ubu butumwa bugenewe buri munyarwanda wese ndetse n'abari hanze y'igihugu byumwihariko abakunda ibikorwa byanjye muri rusange.”

Uyu mukobwa afite inzozi zo kwaguka cyane mu mwuga akagura ibikorwa bye byo mu ruganda rwa Sinema ndetse agatanga umusanzu mu kurandura ikibazo cy’ubushomeri cyugarije urubyiruko rw’igihugu, atanga akazi.

Kuri we, abona Sinema Nyarwanda ari uruganda rumaze gukomera cyane kuko rurimo abahanga ndetse nawe akaba aje gufatanya na bagenzi be gukomeza kurwagura.

Yasabye abakunzi ba filime Nyarwanda kureba filime 'Icyaha ni gatozi Series' ku bwinshi, aho bazajya bayikurikirana kuri Shene ya YouTube yitwa 'Furaisha.'


Nishimwe Theopiste, ni we washoye amafaranga muri filime 'Icyaha ni gatozi Series' akaba ari nawe nyiri shene izajya inyuraho iyi filime


Mukasekuru Hadidja wamamaye nka Fabiola yagarutse nyuma y'igihe kinini atagaragara, aho muri iyi filime azaba yitwa Mutoni


Ozil, umusore ukunzwe cyane muri filime zirimo 'Impanga Series' agiye kugaragara yitwa Manzi


Nyirankotsa umaze kwigaragaza neza muri filime ziganjemo iz'ubugome n'amahane yigarukiye


Jean Marie Shareef wamamaye nka Rwema azagaragara muri iyi filime


Vital wamenyekanye nka Roger nawe yagarutse


Alice wamamaye ku mbuga nkoranyambaga azagaragara muri filime nshya y'uruhererekane 'Icyaha ni gatozi'






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND