RFL
Kigali

Zion Temple yatangaje umwihariko w'igiterane Afrika Haguruka kigiye kuba ku nshuro ya 25

Yanditswe na: Brenda MIZERO
Taliki:2/08/2024 12:15
0


Ku nshuro ya 25 hagiye kuba igiterane ngarukamwaka 'Afrika Haguruka' gitegurwa na Authentic Word Ministries ibarizwamo Itorero Zion Temple Celebration Center. Igiterane cyo muri uyu mwaka kizaba tariki 8-11 Kanama 2024 mu nsanganyamatsiko igira iti “Haguruka wubake”.



Iki giterane cyatangiye kuba mu 2000, gitegurwa na Authentic Word Ministries hamwe na Zion Temple Celebration Center kigiye kuba ku nshuro yayo ya 25, hishimirwa intambwe ikomeye abanyarwanda n’abanyafurika muri rusange bamaze gutera mu bijyanye no kwiyubaka haba mu byiringiro no mu buzima busanzwe.

Insanganyamatsiko ya Afrika Haguruka y'uyu mwaka iragira iti: "Haguruka wubake." Yatekerejweho hifashishijwe ijambo ry'Imana riboneka muri Nehemiya:2:17, no muri Ezira:10:4.

Uyu mwaka, ni umwaka udasanzwe kuko wahuje isabukuru y'imyaka 25 y'ibintu bitatu icyarimwe bizaba byishimirwa muri iki giterane, harimo isabukuru y'imyaka 25 Afrika Haguruka imaze ibayeho, isabukuru y'imyaka 25 y'Itorero Zion Temple Celebration Center, ariko kandi hazaba hanibukwa ko Apostle Gitwaza nawe yatangiye uyu murimo afite imyaka 25 y'amavuko.

Iki giterane kizatangira ku wa 4 Kanama kugeza ku wa 11 Kanama 2024 kikazaba mu buryo budasanzwe aho hazatangirizwamo uburyo bwa Africa Haguruka Summit yitezweho guhuza abaturuka mu bihugu 54 bya Afurika n’abaturutse ahandi ku Isi.

Biteganyijwe ko iki giterane kizitabirwa n’abantu barenga ibihumbi 15 buri munsi n’abarenga ibihumbi 20 bazajya bagikurikira binyuze kuri radio na televiziyo ndetse n’abazagikurikira ku mbuga nkoranyambaga zitandukanye.

Muri iki giterane, hazatangirwamo inyigisho ku ngeri zitandukanye zirimo izirebena n’idini, umuryango, iterambere n’uburezi.

Umunyamabanga Mukuru wa Zion Temple Celebration Center, Pastor Muhirwa Jerome, yavuze ko Africa Haguruka yatangijwe hagamijwe gufasha Umugabane wa Afurika guhaguruka ukongera kwiyubaka ukikura mu bibazo byawibasiriye birimo ubukene, ubujiji, indwara z’ibyorezo, ubukoloni n’ibindi.

Umuhuzabikorwa wa Africa Haguruka, Pastor Runazi Robert yagaragaje ko Africa Haguruka yatangiye ari ijwi ry’ibyiringiro n’ubuhanuzi bigendanye n’uko Umuryango Nyarwanda wari uhagaze.

Ati “Ubundi itangira bwari ubutumwa burangurura bumeze nk’ubuhanuzi, umuhanuzi avuga ibizaba, bakamubwira amagambo amusubizamo ibyiringiro kandi ni na ko Ijambo Africa Haguruka ryumvikanaga. Ryari Ijambo rigoye kumva ukurikije uko u Rwanda rwari rumeze.”

Yagaragaje ko mu myaka itanu ya mbere habayeho inyigisho zo gukira ibikomere no kwiyunga biturutse ku mateka u Rwanda rwanyuzemo muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Umwihariko w’iki giterane harimo ubufatanye bw’amatorero atandukanye aho inyigisho zimwe na zimwe zizabera mu matorero arimo City Light Foursquare Gospel Church, Anglican Church Remera, Calvary Wide Fellowship Ministries n’ahandi.

Mu bazigisha muri iki giterane, harimo Bishop Joseph Mattera, Apostle Yemi Adefarasin, Pastor Tonya Hill, Prof Obii Pax-Harry, n'abandi benshi.

Pastor Umuhoza Barbara usanzwe ari n’Umwanditsi w’ibitabo yasobanuye byinshi ku gitabo cyanditswe gikubiyemo incamake ku rugendo rw’imyaka 25 ya Africa Haguruka, impinduka imaze kuzana, ndetse n’ubuhanuzi bw’ahazaza.

Ni igitabo gifite umutwe ugira uti “Afurika Haguka urabagirane; Urugendo rw’imyaka 25 yo guhagurutsa Umugabane wa Afurika.”

Kivuga urugendo n’amateka by’igiterane cya Africa Haguruka, aho igiterane kigeze uyu munsi ndetse n’urugendo rwifuzwa ku hazaza ha Afurika.

Muri icyo gitabo kandi Pastor Umuhoza Barbara yagaragaje ko gikubiyemo ibikorwa bifatika byagiye bitangizwa biturutse kuri icyo giterane birimo gutangiza amashuri, gutangiza amatorero, kwagura ibikorwa by’ishoramari, kubaka amavuriro n’ibindi.

Barbara, yagaragaje ko mu myaka 25 iki giterane kimaze gikorwa, nibura abasaga ibihumbi 10 bakijijwe, abarenga 4800 bakabatizwa, abarenga ibihumbi 279 bakacyitabira mu gihe ubutumwa bwakivugiwemo bwarebwe nibura inshuro miliyoni 40 ku Isi hose.

Iki gitabo biteganyijwe ko kizashyirwa no kuri Amazon kugira ngo kibashe kugera ku banyafurika bose aho baherereye ku isi, cyanditswe mu rurimi rw’Icyongereza, ariko biteganyijwe ko gishobora kuzashyirwa mu Kinyarwanda n’Igifaransa. 


Igiterane cyiswe 'Afrika Haguruka' kigiye kongera kuba ku nshuro ya 25


Pastor Jerome yagaragaje ibihamya by'uko Itorero Zion Temple Celebration Center rimaze guhindura imibereho ya benshi

Pastor Umuhoza Barbara yasobanuye byinshi ku gitabo gikubiyemo ahashize n'ahazaza h'iki giterane


Afrika Haguruka y'uyu mwaka ifite umwihariko udasanzwe kuko izanagaragaramo ubumwe bw'amatorero atandukanye agize umubiri umwe wa Kristo 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND