Manick Yani, QD, Utah Nice na J Sha bari mu bahanzi bo kwitegwaho impinduka zifatika mu muziki nyarwanda hashingiwe ku bushobozi bamaze kwerekana mu ndirimbo zitari nyinshi bamaze gushyira hanze n’igihe bamaze bakora umuziki nk’umwuga.
Impano mu muziki zivuka buri munsi ariko hari abawinjiramo
ugasanga bahise batanga icyizere kurusha abandi, abo nibo tugiye kugarukaho muri
iyi nkuru abantu bakwiye guhanga amaso muri uyu mwaka.
Manick
YaniKu wa 23 Mutarama 2024 ni bwo Manigabe Delphin [Manick
Yani] yashyize hanze indirimbo yakoranye King James yise ‘Akayobe’ kuva yajya
hanze yahise yihuta igera kure.
Uyu musore w’imyaka 21, avuga ko guhuza na King James
byabaye nk’igitangaza cy’Imana kuko uyu munyabigwi ari we wamwihamagariye amusaba
ko bakora iyi ndirimbo agace gato kayo kari gakomeje kwishimirwa ku mbuga.
Urugendo rw’umuziki w’uyu musore ruhera mu Karere ka
Rutsiro aho yatangiriye yiga mu mashuri yisumbuye kuririmba muri Korali, hari mu
mwaka wa 2017.
Nyuma yaje gutangira gukora umuziki mu buryo bw’umwuga
hari mu mwaka wa 2022, akora indirimbo zirimo Kabaye, Torera na Ibubu yakoranye
na Jowest.
Mu gihe kitagera ku gice cy’umwaka indirimbo yakoze imaze
kurebwa inshuro Miliyoni 3.4 ku rubuga rwonyine rwa YouTube, ni imibare yo hejuru
cyane.
PamaaThiery Ndatimana [Pamaa] ari mu bahanzi bari mu bihe
byabo byiza binyuze mu ndirimbo zinyuranye amaze gushyira hanze harimo nka Ndi
Tayali na Ndagutinya yakoranye na mukuru we Li John.
Nubwo bwose yakuriye mu biganza by’umunyamuziki akaza no
gutangira kwinjira mu nzu ziwutunganya nk'ugiye gukora indirimbo mu 2014, ariko
2023 ni bwo yatangiye gukora by’umwuga.
Uretse indirimbo twavuze haruguru, uyu musore kandi asanzwe afite iyitwa Zuluma.
Urugendo rw’umuziki we rwatijwe umurindi n’amashuri
yisumbuye binyuze mu itsinda yari ahuriyemo na Dylan na Sicha One.
J
ShaUmwaka wa 2021 wasize abakobwa b’impanga, Bukuru Jennifer
na Butoya Shakira bahuriye mu itsinda ry’umuziki bise J Sha basoje amasomo yabo
mu ishuri ry’umuziki ry’u Rwanda riri i Muhanga.
Mu Gushyingo 2023 nyuma y’igihe batanga ibyishimo mu
bikorwa bitandukanye bikomeye mu buzima bw’igihugu nka CHOGM, Kigali Up,
Commonwealth na AU Summit, baje gushyira hanze indirimbo yabo ya mbere bise Mabukwe.
Mu mezi ya mbere y’umwaka wa 2024, bakoze mu nganzo bakora
indi ndirimbo bise Hobby, baherutse kandi gukora indirimbo bise Ganza bakoranye n’Icyogere
Mubahungu.
QDShema Qusay Diaby [QD] ari mu bahanzi bamaze igihe gito
ariko bahise bafata bugwate umuziki nyarwanda mu buryo atari yari yarateguye.
Mu biganiro yagiye atanga yumvikanye asobanura ko
indirimbo yamugize ikimenyabose yise Teta atari yiteguye ko izagera kure ku
rwego yagezeho.
Kwinjira mu muziki k’uyu musore yifuzaga kugira ngo ajye
yemeza abana yigana nabo ariko nta na rimwe yigeze atekereza ko yazavamo
ikimenyabose.
Uyu musore w’imyaka 20 aritegura mu mpera za Nyakanga 2024
gushyira hanze indirimbo yakoranye na Social Mula, ngo byatangiye baganira ku ngingo
yo kuba umwe afana undi, birangira bahuje umugambi.
Isha
MubayaMugisha Cedric [Isha Mubaya] akorera umuziki mu Ntara y’Iburengerazuba
ariko yamaze kwigarurira imitima y’abatari bake, aheruka no gukora igitaramo
yamurikiyemo umuzingo wa mbere.
Kugeza ubu afashwa mu bikorwa bya buri munsi na T Clever
Record aheruka gushyira hanze indirimbo yise Akanyenyeri yatunganijwe mu buryo
bw’amajwi na Bertzbeat, amashusho yakozwe na Bigdeal.
Edin
HodaliMuri Kamena ni bwo iri zina ryatangiye kumvikana mu matwi
y’abanyarwanda binyuze mu ndirimbo Harya ngo urankunda? Yakoranye na Yvanny
Mpano.
Aba bombi bakaba bahuriye mu nzu imwe ireberera inyungu z’abahanzi
ya 1000 Hills Entertainment, indirimbo y'aba bombi yarishimwe, inerekana ubuhanga
bw’uyu musore ukiri muto.
Utah
NiceUtakariza Nice [Utah Nice] ari mu bahanzi bamaze
kwerekana ko umuziki wabo ufite ahazaza guhera kuri EP aheruka gushyira hanze
mu mwaka wa 2023 yise No Games.
Na nyuma yaho ubwo yasubiranagamo imwe mu ndirimbo ze
Away na Mistaek, yongeye gushimangira ko ari mu bahanzi batari agafu k’imvugwa
rimwe.
REBA AKAYOBE MANICK YANI NA KING JAMES
REBA AKANYENYERI YA ISHA MUBAYA
REBA AWAY UTAH NICE NA MISTAEK
TANGA IGITECYEREZO