RFL
Kigali

Trump watewe igikwasi na Biden yahakaniye mu ruhame ibyo gusambana n’umukinnyi wa filime z’urukozasoni

Yanditswe na: Abitije Seraphin Elise
Taliki:28/06/2024 11:08
0


Abakandida Perezida bagiranye ikiganiro cyagarutse ku ngingo zitandukanye ariko iri kugarukwaho cyane ikaba ari iy’uburaya bwavuzwe hagati ya Donald Trump na Stormy Daniels.



Muri iki kiganiro cyabaye ku mugoroba wo kuwa 27 Kamena 2024, Stormy Daniels yaje mu ngingo zagarutsweho ubwo Biden yatangiraga kwereka Trump ko adafite ubushobozi bwo kuyobora igihugu.

Biden yumvikanye agira ati: ”Umuntu umwe nzi uri kuri uru rubyiniro ukurikiranyweho ibyaha bikomeye ni umugabo ndimo ndeba nonaha.”

Trump nk’umunyapolitike uzi imvugo yahise asubiza byihuse adategwa ati: ”Ntabwo nigeze nsambana n’icyamamare muri filime z’urukozasoni.”

Mu busanzwe Donald Trump wabaye Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika yakurikiranweho icyaha cyo gutanga indonke agamije guhishira ibimenyetso byo kuba yararyamanye na Stormy icyamamare muri filime z’urukozasoni.

Iki kiba ari cyo gikwasi gikomeye akomeje kujombwa na mugenzi we ariko na we yibutsa kenshi Biden ko akuze dore ko muri manda ya mbere y’uyu mukambwe yakomeje inshuro zitari nke kugaragara azengerwa ubundi akagwa.

Impugenge za Trump zikaba niba yaba yiteguye gukomeza kongera kuguma indi myaka 4 mu Biro bya mbere bikomeye mu bya politike ku isi bya White House.

Donald Trump wifuza kongera kwisubiza ikuzo akongera kuyobora Leta Zunze Umwe za Amerika afite imyaka 78 mu gihe Joe Biden wifuza gukomeza kuyiyobora we afite imyaka 81.Iby'umukinnyi wa filime z'urukozasoni byongeye kugaruka rwagati mu kiganiro mpaka cy'abakandida bahatanira kuyobora Leta Zunze Ubumwe za Amerika 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND