RURA
Kigali

Bigeze gukorana mu kwamamaza! Diamond yasabye Jason Derulo gukorana indirimbo

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:22/06/2024 12:32
0


Umuhanzi w'umunya- Tanzania, Diamond Platnumz uri mu bakomeye muri Afurika yatunguranye agaragaza ubutumwa yandikiye umunyamerika Jason Joel Desrouleaux [Jason Derulo] amusaba ko bakorana indirimbo.



Ni gacye umuhanzi nk'uyu agaragaza inzira yanyuzemo kugira ngo abashe kugerageza gukorana n'umuhanzi aba afata nk'icyitegererezo kuri we.

Mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu tariki 21 Kamena 2024, ni bwo Diamond yagaragaje ubutumwa aherutse kwandikirana na Jason Derulo. Atangira ubutumwa abwira Jason Derulo ko asanzwe ari umufana we ukomeye, akamusaba kumwemerere bakazakorana indirimbo.

Mu gusubiza, Jason Derulo abwira Diamond ko yiteguye, akamusaba kumwoherereza umushinga w'indirimbo yifuza ko bakorana.

Aba bombi bigeze gukorana indirimbo n'ubwo yari iyo kwamamaza. Ku wa 3 Gicurasi 2018, uruganda rwa Coca-Cola rwasohoye indirimbo "Colours" rwahurijemo Diamod na Jason Derulo aho baririmba bumvikanisha impamvu nyinshi zo guhitamo ikinyobwa cya Coca-Cola mbere y'ibindi.

Jason Derulo ni umuhanzi ukomeye ku Isi, umwibuke mu ndirimbo zirimo nka ‘Stupid Love’ azwiho kugira ubuhanga bwihariye mu bijyanye no kubyina. Ibi byatumye akorana indirimbo n’abahanzi bakomeye nka: Nicki Minaj, French Montana, David Guetta n’abandi.

Muri iki gihe ari gukorana na Bayanni wo muri Nigeria mu ruegndo rwo gusubiramo indirimbo.

Diamond amaze iminsi mu Bufaransa aho yitabiriye ibirori bya 'Paris Fashion Week', aho yahuriyemo n’abarimo Rema, Burna Boy, Tems, Uncle Waffles wo muri Afurika y’Epfo n’abandi.

Asabye Jason Derulo gukorana indirimbo, nyuma y’uko ku wa 20 Kamena 2024, umunyamuziki Chris Brown yasohoye amashusho abyina indirimbo ‘Komasava’ ya Diamond.    

Jason Derulo ni umuhanzi w’umunyamerika wamenyekanye mu ndirimbo zinyuranye, asanzwe ari n’umwanditsi w’indirimbo wagize uruhare muri nyinshi.

Ari mu muziki kuva mu 2009. Ibihangno bye byamenyekanye birimo nka "Wiggle", "Talk Dirty", "Want to Want Me", "Trumpets", "It Girl", "In My Head", "Ridin' Solo", “Whatcha Say" n’ibindi.

Ibihangano bye byinshi yabikoze afashwa n’inzu ifasha abahanzi mu bya muzika ya Beluga Heights, ndetse iri jambo ryagiye ryumvikanamo kenshi mu ndirimbo ze. Beluga Heights yashinzwe na J.R. Roterm.

Igihe cyarageze Beluga Heights iba kimwe mu bice bigize ikigo cya ‘Warner Music Group’ bifasha Derulo gukorera indirimbo ye yise "Whatcha Say" yasohotse muri Gicurasi 2009.


Diamond yasabye Jason Derulo ko bakorana indirimbo, ni nyuma y’uko bahuriye mu kwamamaza Coca-Cola


Jason Derulo yabwiye Diamond ko yiteguye gukorana nawe indirimbo


Ubutumwa Diamond yandikiranye na Jason Derulo binyuze kuri Instagram

KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y'INDIRIMBO 'WATCHA SAY' YA JASON DERULO

">

KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y’INDIRIMBO ‘KOMASAVA’ YA DIAMOND

">






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND