Nyuma yo kubona ko hari amazina amwe n’amwe abanyarwanda baba badasobanukiwe, InyaRwanda yafashe icyemezo cyo kujya ibagezaho ubusobanuro bw'amwe mu mazina aba agezweho muri icyo gihe.
Izina
Ariel rifite inkomoko mu rurimi rw’Igiheburayo risobanura ‘Intare y’Imana.’ Bigendanye
n’inkomoko yaryo, izina Ariel rihabwa abana b’abahungu, mu gihe ab’abakobwa
babita Ariela, Ariella, cyangwa Arielle mu rurimi rw’Igifaransa.
Muri
Bibiliya, iri zina risigaye rihabwa abana b’ibitsina byombi rikoreshwa mu gusobanura
Umujyi wa Yerusalemu.
Bimwe
mu biranga ba Ariel:
Ba Ariel bakunda
gukoresha impano zabo mu kuzana impinduka nziza ku Isi.
Bahorana akanyamuneza, ni
abantu badapfa gucika intege kandi bishimira gutera abandi imbaraga mu buzima.
Ni abanyabirori, bazi
gusetsa kandi bakunda kwitabwaho mu mbaga nyamwinshi.
Ariel buri gihe agaragara
nk’ukiri muto ugereranije n’imyaka aba afite, kandi akunda imyenda myiza ndetse
n’ibijyanye n’imikufi.
Akunda kwigenga no gufata
inshingano.
Mu mirimo Ariel ashoboye
harimo ubuhanzi, kwandika, gukina filime, gushushanya, gususurutsa abantu,
ibijyanye n’ubukerarugendo, ubwarimu n’ibindi.
Bamwe muri ba Ariel
bazwi:
Ariel Wayz: Umuhanzikazi
nyarwanda uri mu bakunzwe muri iki gihe.
Ariel Sharon wahoze ari
Minisitiri w’Intebe wa Isiraheli
Ariel Lin: Umuhanzikazi
akaba n’umukinnyi wa filime ukomoka mu Bushinwa.
Ariel Pink: Umunyamuziki
wo muri Leta zunze ubumwe z’Amerika.
Ariel Meredith:
Umunyamideli w’Umunyamerikakazi
TANGA IGITECYEREZO