RURA
Kigali

Twumvane indirimbo 15 zasusurukije abanyarwanda muri Gicurasi 2024 – VIDEO

Yanditswe na: Brenda MIZERO
Taliki:3/06/2024 12:26
0


Ukwezi kwa Gicurasi kwamaze kuba amateka, kwaranzwe n’umuziki uri hejuru aho abahanzi nyarwanda bagiye bakora mu nganzo bagashyira hanze indirimbo zikoranye ubuhanga kandi zinogeye amatwi ku buryo nta munyarwanda wavuga ko yigeze yicwa n’irungu.



Mu kwezi kwa Gicurasi hagiye humvikanamo impinduka zidasanzwe mu muziki nyarwanda, aho abahanzi bamwe bari bamaze igihe kirekire batumvikana bagiye bagarukana imbaraga, abandi bagaserukira u Rwanda ku rwego mpuzamahanga n’utundi dushya twinshi.

Mu ndirimbo amagana zagiye ahagaragara mu kwezi gushize, InyaRwanda yaguhitiyemo 15 gusa zasohotse zikanyeganyeza imbuga, zigacurangwa hirya no hino mu tubari ndetse n’ahandi hahurira abantu benshi.

1.     Molomita – Gad ft Nel Ngabo & Kenny Sol

">

Ni ubwa mbere Kenny Sol na Nel Ngabo bahuriye mu ndirimbo nyuma y’imyaka irenga itatu buri umwe ari mu kibuga cy’umuziki; ni ibintu bagezeho bigizwemo uruhare na Nshimiyimana Gad [Director Gad] usanzwe utunganya amashusho y’indirimbo wabahurije mu ndirimbo “Molomita”.

Mu kiganiro yagiranye na InyaRwnada, Director Gad yavuze ko yagize igitekerezo cyo guhuriza mu ndirimbo aba bahanzi bombi, kubera ko ari abahanga, kandi yabonaga ko ubumwe bw’abo bwatanga umusaruro ushimishije mu rugendo rw’umuziki.

2.     Ni Danger Remix – Bwiza ft Danny Vumbi

">

Mu mpera za Gicurasi, nibwo Umuhanzikazi Bwiza yisunze Danny Vumbi basubiranamo indirimbo ‘Ni Danger’ yaciye ibintu mu myaka ya za 2015 kugeza mu 2018 biturutse ku magambo ayigize yari agezweho muri icyo gihe.

Mu kiganiro na InyaRwanda, Danny Vumbi yavuze ko iyi ndirimbo igaragaza ishusho ye iyo uyivuze’. Ati “Umuntu wese ukurikiranira hafi umuziki Nyarwanda abona isura ya Danny Vumbi. Ni indirimbo yabaye ikimenyabose imfungurira amayira mu ruhando rwa muzika.”

Yavuze ko yahisemo kuyisubiramo ayikoranye na Bwiza, kubera ko ari ‘umuhanzi uri kubyitwaramo neza’. Avuga ko mu gusubiramo iyi ndirimbo bakoresheje amagambo ‘twita ‘slingue’ akoreshwa n’urubyiruko’. Ati “Kandi Bwiza ni urubyiruko aracyari muto."

3.     Siba – Papa Cyangwe

">

Muri Gicurasi, nibwo umuraperi Abijuru King Lewis wamamaye nka Papa Cyangwe yashyize hanze indirimbo yise ‘Siba’ ikubiyemo ubutumwa bwo kwikuraho inshuti mbi n’izidafite umumaro mu buzima bw’umuntu agasigarana nke z’umumaro.

4.     Umukara – Fela Music

">

Mu kwezi gushize, nyuma y’igihe gito bashyize hanze indirimbo “Mirror” iri mu zakunzwe cyane, abahanzi babiri bagize itsinda rya Fela Music bongeye gukorana indirimbo bise “Umukara” yumvikanisha uburyo ubuzima muri Kigali bugoye cyane.

5.     On God – RunUp & Pallaso

">

Abahanzi b’abanyarwanda RunUp na Pallaso nabo bashyize hanze indirimbo bari bamaze igihe bateguje, yitwa ‘On God’ ikubiyemo ubutumwa bushimira Imana yo ihindura amateka y’umuntu wese uyiringiye.

6.     Mpa Wowe – Calvin Mbanda

">

Mpa Wowe ni indirimbo y’umuhanzi Calvin Mbanda uri mu bahanzi bahagaze neza. Uyu musore muri iyi ndirimbo aba aririmba asaba umukobwa kumwiha wese kuko yamwihebeye.

Ni indirimbo y’urukundo yise ‘Mpa Wowe’ yanditswe n’abarimo Junior Rumaga, igatunganwa na Element Eleeeh. 

7.     Tuliwawelu (We Outside) - Dj Marnaud Feat Kevin Klein & Davydenko

">

Nyuma y'igihe kirekire atumvikana mu ndirimbo, Dj Marnaud yashyize hanze indirimbo mu kwezi gushize, ijyanye n'ibihe turi kwinjiramo by'impeshyi yise 'Tuliwawelu' yahuriyemo na Kevin Klein ndetse n'uwitwa Davydenko.

8.     Together – Alto

">

Nyuma y’amezi arenga arindwi ashyize hanze iyitwa ‘Yego,’ umuhanzi Dusenge Eric uzwi nka Alto, yakoze mu nganzo muri Gicurasi maze ashyira hanze amashusho y’indirimbo ye nshya yise ‘Together.’

9.     Hawayu – Yampano

">

Uworizagwira Florien wamenyekanye nka Yampano mu muziki nyarwanda, yashyize hanze indirimbo icurangitse neza yise ‘Hawayu’ nyuma yo kuzamura igikundiro cye mu zirimo ‘Bucura,’ ‘Ndi Kwikubita,’ ‘Zikana,’ n’izindi.

10. Ntiwamvamo – Logan Joe ft Kenny K-Shot

">

Nyuma y'iminsi micye bayishyize ahagaragara mu buryo bw'amajwi, kuri ubu umuhanzi Logan yamaze gusohora amashusho y'indirimbo 'Ntiwamvamo' yakoranye n'umuraperi Kenny K-Shot.

11. Follow Me - Shema Tatoo ft Mistaek, Afrique & Bushali

">

Shema Tatoo umaze kuba ikimenyabose mu Rwanda yahurije abahanzi bakomeye barimo umuraperi Bushali, Mistaek na Afrique mu ndirimbo y’urukundo yise 'Follow Me.'

12. Nipe – Mr. Kagame ft. Ibizza Edition

">

Umwaka wari ugiye gushira abakunzi ba Mr Kagame batabona indirimbo nshya. Kuri ubu rero yabashyize igorora kuko yamaze gushyira hanze indirimbo yise 'Nipe' yafatanyije n'uwitwa Ibizza Edition.

13. Hip Hop - Rideman ft Bull Dogg

">

Umuraperi Gatsinzi Emery wamamaye nka Riderman yashyize hanze Album “Icyumba cy’amategeko” iriho indirimbo 6 yakoranye n’umuraperi mugenzi we Bull Dogg, yumvikanisha uburyo Hip Hop ari injyana yoza Roho, kandi bitsa ku mico yimitswe na bamwe muri iki gihe itari ikwiye.

Imwe muri izi ndirimbo ni iyitwa ‘Hip Hop,’ aho aba baraperi baririmba bumvikanisha ko injyana yaH ip Hop ariyo ivuga ukuri kurusha izindi njyana zose abana b'abantu bahimbye.

Bavuga ko izindi njyana 'muzajye muzumvisha abakivera'. Riderman aramwunganira akavuga ko iyi njyana idasanzwe, kuko irimo ibidasanzwe, bisaba ko umuraperi ahabwa umwanya akaragaza ibimurimo byose.

14. Impamvu – Kivumbi King

">

Kivumbi King uri mu bahanzi bari mu bihe byiza yashyize hanze Album ya Kabiri yise ‘Ganza’ yahurijeho abahanzi batandukanye, gusa asanganwe izindi zakoze ku mitima ya benshi. Imwe muri izi ndirimbo, yitwa ‘Impamvu.’

Iyi Album iriho indirimbo 12 ubariyemo n’iyo yatanze nk’inyongera. Uhereye ku zo yakoranye n’abandi bahanzi hari Selfish na Mike Kayihura, Muhorakeye na Riderman, Angel&Demon na Nviiri The Storyteller.

Haraza Street na Joshua Baraka, Captain na A Pass kimwe na Wait yakorenye na Axon, mu gihe izo ku giti cye harimo Wine, Hanze, Nzakomeza, Bryson Tiller, Impamvu na Intro Moonchild Bee.

15.  Nditinya – La Reina

">

Mu byumweru bibiri bishize, nibwo Irasubiza Moïse wamamaye nka Producer Kiiiz yatangaje ko yatangiye imikoranire n’umuhanzikazi La Reina nk’umwe mu bo azajya mu inzu ifasha abahanzi mu bya muzika ‘Label’ ashaka gutangiza mu minsi iri imbere, mu rwego rwo gushyira itafari rye ku muziki w’u Rwanda birenze kuwutunganya.

Umuhanzikazi La Reina ufite ubuhanga mu gucuranga gitari, aherutse gushyira hanze integuza y’indirimbo ye yise ‘Nditinya’ ikundwa n’abatari bacye bitewe n’imiririmbire ye itangaje.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND