RFL
Kigali

Adekunle Gold azafungura urubyiniro, The Ben asoze! Uko abahanzi bazakurikirana baririmba mu mikino ya BAL

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:21/05/2024 14:44
0


Umunyamuziki Adekunle Kosoko wamenye nka Adekunle ategerejwe mu Rwanda aho azaririmba mu gufungura imikino y’irushanwa ry’amakipe ahagaze neza muri Basketball ya Afurika, Basketball Africa League (BAL), izabera muri BK Arena, ni mu gihe Mugisha Benjamin wamamaye nka The Ben azaririmba mu gitaramo kizaherekeza iyi mikino.



Adekunle Gold wamamaye mu ndirimbo zirimo ‘Okay’ imaze imyaka itatu isohotse, ni we muhanzi mukuru mu bazaririmba mu bitaramo bizaherekeza iyi mikino ya Basketball irebwa n’umubare munini, ahanini biturutse mu kuba ihuza amakipe y’ibihugu bitandukanye.

Yifashishije konti ye ya Instagram akurikirwaho n’abantu barenga Miliyoni 9.8, Adekunle yagaragaje ko yiteguye gutanga ibyishimo mu gitaramo kizafungura umukino wa mbere muri BAL, uzaba ku wa Gatanu tariki 24 Gicurasi 2024.

Uyu mugabo unamwibuke mu ndirimbo zirimo ‘It Is What It Is’. Yabwiye abafana be n’abakunzi b’umuziki gutangira kugura amatike hakiri kare, kugira ngo batazacikwa n’iki gitaramo cyihariye cyane cyane ku bakunda umukino wa Basketball.

Kuri uyu wa Kabiri tariki 21 Gicurasi 2024, BAL yatangaje ko Adekunle Gold wo muri Nigeria azahurira ku rubyiniro n’abahanzi bo mu Rwanda barimo The Ben, Juno Kizigenza, Alyn Sano, Chris Eazy n’abandi.

Ni imikino bavuga ko izajya itangira guhera saa munani z’amanywa kugeza saa tatu n’igice z’ijoro mu minsi isanzwe. Ni mu gihe muri ‘Weekend’ iyi mikino izajya itangira saa cyenda z’amanywa kugezwa saa 10:30 z’ijoro.  

Izaherekezwa kandi n’ibikorwa by’imyidagaduro, birimo nko gufata amafoto n’abantu banyuranye, umuziki uzacurangwa n'aba Dj banyuranye barimo Dj Loft na Dj Kim.

Mu gihe cy’akaruhuko k’iyi mikino, hazajya haririmba abahanzi, ababyinnyi batarame, abakaraza bavuze ingoma n’ibindi. Ndetse, biteganyijwe ko abarimo Dj Sonia, Hottempah Collective na Dj Fully Focus wo muri Kenya bazasusurutsa abantu.

Ubuyobozi bw’Irushanwa rya Basketball Africa League (BAL) bwavuze ko guhera ku wa Gatanu tariki 24 Gicurasi 2024, iyi mikino izaherekezwa n’ibitaramo by’abahanzi, aho bamwe bazajya baririmba mu gihe cy’ikiruhuko hagati mu mukino cyangwa se nyuma y’umukino urangiye.

Mu gufungura iyi mikino (Opening Ceremony), Juno Kizigenza azaririmba mu karuhuko k’umukino wa mbere, Adekunle Gold aririmbe mu kiruhuko cy’umukino wa kabiri, bazakorerwa mu ngata n’ababyinnyi ari nabo bazasoza umunsi wa mbere w’iriya mikino uzaba ku wa 24 Gicurasi 2024.

Ku munsi wa kabiri w’imikino, ni ukuvuga ku wa Gatandatu tariki 25 Gicurasi 2024, umuhanzikazi Bwiza azaririmba mu kiruhuko cy’umukino wa mbere ‘Halftime’, yunganirwe na Kenny Sol wo muri 1:55 AM uzaririmba muri ‘Halftime’ y’umukino wa kabiri, bisozwe n’ababyinnyi.

Ku cyumweru tariki 26 Gicurasi 2024, umuhanzikazi Alyn Sano azaririmba muri ‘Halftime’ y’umukino wa mbere, naho Chriss Eazy azaririmba muri ‘Halftime’ y’umukino wa kabiri, bisozwe n’imbyino zinyuranye z’ababyinnyi.

Ku wa Mbere tariki 27 Gicurasi 2024, Ababyinnyi bazasusurutsa abitabiriye kureba umukino wa mbere, naho umuraperi Ish Kevin azataramira abazaba barebye umukino wa Kabiri binyuze muri ‘Halftime’.

Ku wa Kabiri tariki 28 Gicurasi 2024, Kivumbi King azaririmba muri ‘Halftime’ y’umukino wa mbere, yunganirwe na Kevin Kade uzaririmba muri ‘Halftime’ y’umukino wa kabiri.

Ku wa Gatatu tariki 29 Gicurasi 2024, umuhanzikazi Ariel Wayz azataramira abakunzi be n’abandi binyuze muri ‘Halftime’ y’umukino wa mbere, akurikiwe n’ababyinnyi.

Ku wa Kane tariki 1 Kamena 2024, ari na bwo hazaba umukino wa nyuma, abitabiriye bazasusurutswa na The Ben ndetse n’Itorero ry’Igihugu 'Urukerereza'.

Adekunle Gold yaherukaga i Kigali, ku wa 5 Ugushyingo 2021 mu gitaramo cyiswe “Movember Fest” cyateguwe na kompanyi RG Consult.inc isanzwe itegura ibitaramo, cyari cyatewe inkunga na Mutzig.

Adekunle Gold yabonye izuba tariki 28 Mutarama 1987, avukira mu Mujyi wa Lagos muri Nigeria mu rugo rw’abanyamafaranga. Ni umwanditsi w’indirimbo, umuhimbyi akaba n’umuhanga mu bizwi nka ‘graphic design.

Izina rye ryagize ububakana mu muziki wo muri Nigeria, kuva mu 2015 ubwo yasohoraga indirimbo ‘Sade’ asubiramo indirimbo ‘Story of My Life’ y’itsinda One Direction.

Tariki 5 Gicurasi 2015, uyu muhanzi yatangaje ko yasinye amasezerano n’inzu ifasha abahanzi mu bya muzik YBNL, ahita asohora indirimbo ye yise ‘Orente’.

Yashyizwe mu bahataniye ibihembo bya City People Entertainment Awards, mu cyiciro cy’umuhanzi utanga icyizere cy’umwaka.

Mu 2016 atangaza ko Album ye nshya yayise ‘Gold’ iriho indirimbo 16 zakozweho n’abarimo Pheelz, Masterkraft, B Banks, Sleekamo, Oscar n’abandi.

Muri Mutarama 2019, Adekunle yakoze ubukwe n’umuhanzikazi Simi uzwi mu ndirimbo nka ‘Joromi’. Uyu muhanzikazi yanataramiye mu Rwanda mu gitaramo cyabereye muri Kigali Convention Center, icyo gihe yari kumwe na Patoranking.

Aba bombi bakoze ubukwe mu ibanga rikomeye. Ndetse muri Gicurasi 2020, bibarutse imfura yabo bise Adejare Kosoko Deja.

Uyu muhanzi mu 2016 yasohoye Album yise ‘Gold’, mu 2018 asohora Album yise ‘About 30’ naho mu 2020 yasohoye Album yise ‘Afro Pop Vol’.

Kuva mu 2014 atangiriye umuziki ku ndirimbo ‘Sade’, amaze gusohora indirimbo nyinshi kandi mu bihe bitandukanye, kugera kuri ‘High’ aherutse gukorana na Davido.  

Amakipe umunani yabonye ticket y’iyi mikino ya BAL - ihuza amakipe yabaye aya mbere muri Basketball muri Africa - iterwa inkunga na NBA:

1.Al Ahly (Libya)

2.Al Ahly (Misiri)

3.AS Douanes (Senegal)

4.Cape Town Tigers (Africa y’Epfo)

5.Fus de Rabbat (Maroc)

6.Petro de Luanda (Angola)

7.Rivers Hoopers (Nigeria)

8.US Monastir (Tunisia)

 

Adekunle Gold agiye kongera gutaramira i Kigali binyuze Irushanwa rihuza amakipe ahagaze neza muri Basketball ya Afurika, Basketball Africa League (BAL)


The Ben azaririmba mu gitaramo kizaherekeza imikino ya BAL izabera muri BK Arena kuva tariki 24 Gicurasi 2024 


Adekunle Gold azahurira ku rubyiniro n'abahanzi bo mu Rwanda

KANDA HANOUREBE AMASHUSHO Y’INDIRIMBO ‘SINNER’

">






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND