RFL
Kigali

Urugendo rwa Enock utanga icyizere mu muziki wa Gospel wasohoye indirimbo ‘Imvura y’imigisha’-VIDEO

Yanditswe na: Abitije Seraphin Elise
Taliki:20/05/2024 9:51
0


Enocky Nizeyimana [Enock] yashyize hanze indirimbo nshya ikubiyemo ubutumwa bwomora imitima, akaba ari indirimbo yahuriyemo na Janvier na Levis.



Enock yatangiye urugendo rw'ivugabutumwa mu ndirimbo akiri muto aho yaririmbaga mu ishuri ryo ku Cyumweru [Sunday School] na Korali y'abana, icyo gihe yari afite nk’imyaka 7. 

Mu mwaka wa 2019 ubwo yari asoje amashuri yisumbuye, yatangiye kwiga gucuranga piano na guitar, aza kugira ihishurwa ryo gutangira kwandika indirimbo ya mbere yise "Amamaza". 

Bidatinze yatangiye kwandikira abandi bahanzi indirimbo, muri Werurwe 2024 akaba ari bwo yashyize hanze indirimbo ya mbere yakiriwe neza.

Kuri ubu yamaze gukora indi yise "Imvura y’Imigisha" ikaba ikubiyemo ubutumwa bwomora. Yatangaje ko yiteguye gukomeza gukora ibikorwa byinshi by’umuziki kandi byiza kuko ari cyo yahamagariwe. 

Ashimira abamufasha umunsi ku wundi nubwo atarabona abajyanama mu buryo buhoraho. Avuga ko inkuru y’indirimbo, "Imvura y’imigisha" yihariye. 

Ayisobanura agira ati: ”Yaje ndimo kwicurangira ‘guitar’ ntekereza ku buntu bw'Imana, nibuka ahantu Imana yankuye n'aho ingejeje, amagambo aza gutyo.” 

Yongeraho ati: ”Ni bwo navuze ngo azakandakanda imitima y'abihebye baziyunga mu bamenywe, mpereza Imana isezerano ryo kuzatera intambwe aho ikuye kuko nta kindi nayitura kitari ukuyiha wese.”

KANDA HANO UREBE UNUMVE 'IMVURA Y'IMIGISHA'


Enock wakuriye mu isi y'umuziki wo kuramya no guhimbaza Imana yasohoye 'Imvura y'imigisha'Avuga ko yahamagariwe gukora umuziki wo kuramya no guhimbaza ImanaIndirimbo yitabajemo Janvier na Levis wayisanga ku mbuga zicururizwaho umuziki zose 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND