RFL
Kigali

Amagaju FC yakoze ibirori bikomeye mu kwishimira uko umwaka wagenze - AMAFOTO

Yanditswe na: ISHIMWE Olivier Ba
Taliki:17/05/2024 12:23
0


Ikipe ya Amagaju FC yakoze umugoroba w'Amagaju bishimira umwaka mwiza w'imikino yagize muri shampiyona y'u Rwanda, nyuma yo gusoza mu makipe 10 ya mbere.



Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane tariki 16 ni bwo ubuyobozi bw'Akarere ka Nyamagabe, bufatanyije n'ubuyobozi bw'ikipe bateguye umugoroba w'Amagaju aho bishimiraga umwanzuro w'ibyo bagezeho. 

Ni umugoroba witabiriwe n'ubuyobozi bw'Akarere bwari buhagarariwe na Habimana Thadée, umuyobozi wa Amagaju FC, Paul, ndetse n'abakinnyi, abatoza n'abandi bakozi b'ikipe.

Umuyobozi w'akarere wungirije, Habimana Thadée avuga ko ikipe y'Amagaju FC yabashimishije bagombaga kubashimira.  Yagize ati: ”Ibi birori byari biteguye neza twateguye dufatanyije na komite y'ikipe. Twifuzaga kugira ngo dushimire abantu bose batumye ikipe yacu isoza umwaka imeze neza. Twifuzaga ko nk'abantu bagiye mu karuhuko bagenda Amagaju FC abari mu mutima.”

Perezida w'ikipe y'Amagaju FC Paul yavuze ko bishimira umusaruro ikipe yagezeho. Yagize ati: "Iki gikorwa ntabwo ari ubwa mbere kibaye kuko cyahozeho ni igikorwa cyitwa umugoroba wAmagaju. Iki gikorwa cy'uyu munsi cyari icy'ibyishimo. Umwaka kujya gutangira twari twihaye kuza mu makipe 8 kandi twabigezeho, twagombaga rero kwishimira ko intego twihaye twayigezeho."

Niyongira Amars umutoza mukuru w’Amagaju FC, yavuze ko yagize umwaka ukomeye kubera ko aribwo ikipe yari ikizamuka. Yagize ati: ”Ni umwaka w'imikino wari ugoye cyane ikipe nibwo yari ikiva mu cyiciro cya kabiri, abenshi baba bumva ko iyo kipe izahita isubura mu cyiciro cya kabiri. 

Twagerageje kubaka ikipe tugendeye kuri shampiyona yacu dushaka n'abakinnyi bazadufasha. Umwanya wa 8 ntabwo ari wo twari gusorezaho nibura twari kuza mu myanya 4,5 gusa udukosa twakoze tugomba kuduhindura bikagenda neza.”

Ikipe y'Amagaju FC wari umwaka wa mbere yongeye kugaruka mu cyiciro cya, ikaba yarashoje ku mwanya wa 8 n'amanota 39.

Abakinnyi mbere yo kujya mu biruhuko bahawe impamvu zizabakumbuza Amagaju FC 

Umutoza Amars usoje amasezerano mu Amagaju FC yavuze ko mu gihe ikipe yakwifuza ko bagumana yiteguye ibiganiro 

Amagaju FC ni imwe mu makipe make ataravuzwemo ibibazo by'amikoro 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND