RFL
Kigali

Imibonano mpuzabitsina irimo! Impamvu zitera abantu kwihambira ku rukundo rubabaza

Yanditswe na: Muramira Racheal
Taliki:15/05/2024 8:20
0


Abantu benshi bahura n'umubabaro mu rukundo mu buryo bubabaza benshi babazengurutse bababona, ariko bikaba nk'igitangaza kuguma muri urwo rukundo.



Benshi mu batuye Isi bajya mu rukundo barota kunezerwa by'iteka, nyamara bamwe bahura n'umubabaro urimo n'agahinda batigeze barota, bigatera bamwe kwicuza impamvu bakunze. 

Urukundo rubabaza [Toxic Relationship] ni urukundo rubuza umuntu amahoro, aho umwe mu bakundana cyangwa abashakanye ashobora kubabaza undi nkana. Uru rukundo rero rutangaje bamwe banga kuruvamo batitaye ku bibazo baruboneramo, bigatera benshi kwibaza impamvu umuntu muzima yagumana n'umuntu umuhohotera, mu gihe abandi bakeka ko yaba yararozwe.

Inkuru dukesha Ikinyamakuru cya Onelove ivuga ko aba bantu bakunze gutsimbarara mu rukundo rumeze gutya bitewe nuko baba barakunze by'ukuri, bagakunda abantu badashobotse, gusa bagahorana icyizere  ko  wenda  igihe kizagera bagahinduka mu ishusho babashakamo nyamara ngo biragoye guhindura umuntu ukuze.

Mu gihe bamwe bemeza ko imibonano mpuzabitsina ihuza abantu ikongera n'urukundo hagati y'abakundana, bitangazwa ko isano iremwa hagati y'aba bantu ikomeye ku buryo gutandukana kwabo bigorana cyane.

Bivugwa ko kuryamana by'akamenyero hagati y'abakundana bishobora gutera umwe kunyurwa mu buryo budasanzwe, bigatuma yumva yafatwa nabi mu rukundo aho gutakaza umwunganizi we umushimisha mu buriri.

Dore izindi mpamvu zashinzweho agati:

1. Gutakaza icyizere

Umuntu watotejwe cyane yangirika mu ntekerezo aho yumva ko ntacyo amaze bitewe no gufatwa nabi, akumva ko niyo yareka uwo muntu nta wundi yabona muzima umushimisha agahitamo kumva yapfira aho.

2. Imbabazi za nyirarureshwa

Gusaba imbabazi wikiza umukunzi wawe wababaje, bituma yiremamo icyizere ko ugiye guhinduka ndetse ko wasobanukiwe  neza uburemere bw'imyitwarire yawe mibi.

3. Gutinya amagambo

Abantu benshi biganjemo abakomoka ku mugabane wa Afurika bemera neza ko  gusenya urugo cyane cyane ku bashakanye byangiza isura y'umuryango, ndetse ukitwa ikigwari mu bandi.

Amagambo ya benshi avugwa nyuma y'uko umuntu avuye mu rukundo cyangwa asenye, atera benshi ihungabana ndetse bakavuga ibyo bashaka kuko nta kuri kwabyo bazi, bigatuma bamwe batinya kugirwa igitaramo muri rubanda bagahitamo gufatwa nabi.

4. Abana

Abantu bakundanye bakagera aho babyarana biragoye ko bapfa gutandukana byoroshye, ku bwo kunezeza abana.

Abantu beshi barwanira mu cyumba bakaza mu ruganiriro  baseka kugirango bagaragaze imbere y'abana ko babanye neza birinda kubahungabanya.

Abana bari mu mpamvu zikomeye zituma umwe mu bashakanye ashobora kwihambira ku mubano ugoye arengera ibyishimo n'ahazaza habo.

Nk'uko bitangazwa ndetse hagendewe ku nama zatanzwe n'abaganga batandukanye, bivugwa ko abantu benshi bapfira muri uru rukundo biturutse ku ndwara rwabakururiye zirimo Stroke, agahinda gakabije, indwara z'umutima n'izindi.

Uretse indwara benshi baricana  kubera amakimbirane bagiranye, umwe agatakaza ubumuntu akica mugenzi we.

Bivugwa ko aba bombi bari mu rukundo rugoye basabwa guhuza ibiganiro bagakemura amakimbirane yabo , ndetse bakaganirizwa n'abahanga mu by'imitekerereze ya muntu , abo binaniye bakigishwa uburyo bahunga uyu mubano. Gusa bagashishikarizwa kwikunda kuko byabafasha gufata umwanzuro.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND