RFL
Kigali

Table Tennis: U Rwanda rugiye kwakira igikombe cya Afurika n’imikino y’itike Olempike

Yanditswe na: ISHIMWE Olivier Ba
Taliki:10/05/2024 12:24
0


I Kigali hagiye kubera imikino y’igikombe cya Afurika mu mukino wa Table Tennis, ndetse n’imikino yo gushaka itike y’imikino Olempike izabera mu Bufaransa mu meshyi y’uyu mwaka.



Iyi mikino iteganyije gutangira tariki 12 kugera tariki 18 Gicurasi 2024. Icyiciro cya mbere kizaba ari imikino y’igikombe cya Afurika izamara iminsi 3 tariki 12,13 na 14. Nyuma yaho hazahita hatangira imikino yo gushaka itike y’imikino Olempike izatangira tariki 15 kugera 18.

Ibihugu bizitabira iyi mikino ni: Algeria, Bénin, Botswana, Cameron, Congo Brazzaville, Côte d'ivoire, Djibouti, Egypt, Ethiopia, Ghana, Madagascar, Mauritius, Morocco, Nigeria, Kenya, Soudan, Tunisia, Uganda n'u Rwanda ruzakira iyi mikino.

Abakinnyi bakomeye muri uyu mukino wa Tennis ikinirwa kumeza bazaba babukereye harimo nka Aruna Quadri ukomoka muri Nigeria, Asser ukomoka muri Tunisia n'abandi benshi.

Kwinjira muri iyi mikino izabera muri BK Arena bizaba ari ubuntu, aho buri wese azaba ahawe ikaze. Bamwe mu bakinnyi b’abanyarwanda bo kwitega muri iyi mikino harimo nka; Ishimwe Regis, Didier, Hahirwabasenga, Blaise Shimirwa, Masengesho Patrick, Tumukunde Hervine, Twizerane Regine na Hirwa Kelia. 


Aruna Quadri ukomoka muri Nigeria ni umwe mu bakinnyi bitezwe muri iyi mikino

Assar ukomoka mu Misiri akaba ari muri nimero za mbere muri Afurika muri uyu mukino, azaba yitezwe cyane muri BK Arena





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND