RFL
Kigali

Super Manager yavuze imyato Perezida Kagame mu ndirimbo nshya – VIDEO

Yanditswe na: Brenda MIZERO
Taliki:6/05/2024 11:20
0


Super Manager umenyerewe cyane mu kuryoshya ibiganiro byo ku mbuga nkoranyambaga bitewe n’uburyo abikoramo busetsa benshi, yakoze mu nganzo ava imuzi ibikorwa ibigwi bya Perezida Paul Kagame wazuye u Rwanda rwari hafi kuzima akarwubaka bundi bushya.



Mu gihe abanyarwanda bakomeje kwishimira ibyagezweho mu myaka 30 ishize Jenoside yakorewe Abatusi  ihagaritswe n’ingabo zahoze ari iza RPA, abahanzi batandukanye bakomeje gushyira hanze indirimbo zivuga imyato Perezida Kagame wayoboye urugamba rwo guhagarika Jenoside akayobora n’urwo kubaka igihugu.

Umwe muri aba bahanzi ni icyamamare ku mbuga nkoranyambaga akaba n’umuhanzi, Gakumba Patrick uzwi nka Super Manager, usanzwe umenyerewe no mu bushabitsi bwo kugurisha abakinnyi no guhagararira inyungu zabo, wamaze gushyira hanze indirimbo igaruka ku bwigwi bya Perezida Kagame.

Mu kiganiro Super Manager yagiranye na InyaRwanda, yatangaje ko yafashe icyemezo cyo gukora iyi ndirimbo yise ‘Umugabo w’ibikorwa’ mu rwego rwo gutanga umusanzu we nk’icyamamare ndetse nk’umuhanzi mu kubaka igihugu.

Yagize ati: “Ni indirimbo  naririmbye ikubiyemo cyane ibikorwa by’ubutwari byakozwe na Nyakubahwa Perezida Paul Kagame guhera yayobora ingabo zahoze ari iza RPA ku rugamba rwo kubohora igihugu, igihugu kikabohorwa, zigahagarika na Jenoside yakorwaga mu 1994, na nyuma yaho agatangira kubaka igihugu cy’u Rwanda gihereye ku busa.”

Ibi yabigarutseho abikomoye ku kuba Jenoside yakorewe Abatutsi  yarahagaritswe ariko igasiga isenye igihugu kigahinduka umwijima ku buryo abanyarwanda nta cyizere cy’uko ubuzima bwakongera kugaruka bafite, ariko Perezida Kagame akaza kongera kuzura u Rwanda arangaje imbere abanyarwanda na Leta y’ubumwe.

Super Manager yakomeje agira ati: “Nk’uko yari yabikoze abohora igihugu, na none amaze guhagarika Jenoside yatangiye guhangana n’urugamba rutoroshye rwo kubaka igihugu gihereye ku busa kuko Jenoside yari yagishenye mu by’ukuri.”

Yavuze ko ibikorwa byose byakozwe na Perezida Kagame birimo kubohora igihugu, ibyakozwe Jenoside yakorewe Abatutsi  ikirangira, abanyarwanda bakongera guhobera ubuzima, igihugu kikongera kikaba nyabagendwa, u Rwanda rukabera icyitegererezo amahanga n’ibindi byinshi aribyo yakubiye mu ndirimbo ye nshya yise ‘Umugabo w’ibikorwa.’ Yavuze ko iri zina yarikomoye ku mvugo ikunzwe kuvugwa n’abahanga benshi ngo ‘ibikorwa bivuga cyane kuruta amagambo.’

Ati: “Amagambo ari muri iyo ndirimbo asobanura ibikorwa byakozwe, ni ibintu bigaragara kandi ni ibintu byereka buri munyarwanda wese ko dufite umuyobozi.”

Ku bw’ibihambaye yakoreye u Rwanda, Super Manager yasoje asaba abanyarwanda bose kuzashyigikira Perezida Paul Kagame wamaze gutangaza ko azongera kwiyamamaza mu matora y’Umukuru w’Igihugu ateganyijwe muri Nyakanga uyu mwaka.


Umuhanzi Super Manager yashyize hanze indirimbo ikubiyemo ibigwi bya Perezida Paul Kagame

">Kanda hano urebe indirimbo 'Umugabo w'ibikorwa' ya Super Manager

">
  






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND