RFL
Kigali

Bobi Wine yiyemeje kutazakora amakosa mu matora ya 2026 ashobora kuzahanganiramo na Gen Muhoozi

Yanditswe na: Abitije Seraphin Elise
Taliki:30/04/2024 15:22
0


Umuyobozi w’ishyaka rya NUP, Bobi Wine umuhanzi ubihuza na politike, yavuze ko adashobora kuzasubira amakosa yakoze mu matora ya 2021.



Uyu munyapolitike utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Perezida Yoweri Kaguta Museveni, yavuze ko ubwo yahatanaga mu matora aheruka ya Perezida wa Uganda, yakoze ikosa ryo guha umwanya abantu batari babikwiye mu ishyaka rye.

Ibi ariko avuga ko byashingiye ku bunararibonye budahagije yari afite ndetse no kuba yarimo yirukankana n’igihe kuko ibihe by’amatora ya Perezida byari byegereje.

Avuga ko yemera amakosa yabaye ko amujya ku mutwe kuba ishyaka rye ryarantsizwe kuko baritangije bihuse aho bari bafite gusa igihe kitagera ku mezi abiri.

Ibi yabivuze agira ati: ”Bitewe n’igihe gito twari dufite twafashe indobani nini turoba ibyo tubonye byose. Hari ibyo twarobye twibwira ko ari amafi nyamara tuza gusanga twibeshye.”

Ibi yabitangaje mu kiganiro yagiranaga na radiyo ya Busoga agaruka ku mikorere y’ishyaka rye n'icyo bisobanuye kuba Umuyobozi w’ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi.

Yagarutse ku buryo yibeshye, avuga amazina y’abarimo Twaha Kagabo na Jimmy Lwanga ubu bamaze kwitandukanya n’ishyaka rye bakajya ku ruhande rwa Gen Muhoozi Kainerugaba.

Muri iyi minsi Bobi Wine afite n’abandi bahoze bakorana bamaze batangiye kumurwanya byeruye nka Abed Bwanika.

Bobi Wine avuga ko hari abaje bamusanga bagamije kumuneka, abazanywe no gushaka amafaranga kimwe n’abandi bifuza icyubahiro.

Uyu muhanzi n’umunyapolitike agaragaza ko yize ko adakwiye kwizera na rimwe umuntu kuko yabonye yambaye ikositimu cyangwa afite imvi kuko yamaze kwiga ko n'abo abantu bemera cyane bashobora kuvamo abantu babi.

Abasesengurira hafi ibya politike y’Akarere, babona ko amahirwe menshi ari uko Gen Muhoozi Kainerugaba wahawe umwanya w’Umugaba w’Ingabo za Uganda nta kindi asigaje uretse kwiyamamariza kuba Perezida wa Uganda.

Amahirwe menshi Gen. Muhoozi aziyamamaza kuba Perezida wa Uganda mu 2026, agasimbura Se, ndetse amakuru avuga ko benshi bari gushyirwa mu myanya y’ubuyobozi ari we ubagena kuko ababonamo ubushobozi bwo kuzamufasha.Bobi Wine yavuze ko yiteguye ku rwego rwo hejuru amatora ya Perezida wa Uganda azaba mu 2026 ndetse atangaza ko atazongera gukora amakosa nk'ayo muri 2021Gen Muhoozi byitezwe ko muri 2026 azasoza imirimo ya gisirikare akinjira akiyamamariza kuba PerezidaBirashoboka cyane ko Perezida Museveni yazaharira umuhungu we agakomereza aho yari ageze we akajya mu karuhuko






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND