Tiwa Savage ugeze kure imyiteguro yo gushyira filimi ye ya mbere hanze, yavuze ko yishyuye umuhanga mu by’ikoranabuhanga wamukijije urubwa rw’amashusho ari mu busambanyi yari akomeje gukwirakwira ku mbuga.
Mu Kwakira 2021 ni bwo inkuru y’amashusho
y’urukozasoni ya Tiwa Savage kuri murandasi yatangiye gucaracara, icyo gihe uyu muhanzikazi
yatangaje ko ari umuntu wabikoze nkana agamije kumusebya.
Mu kiganiro yagiranye na Angie
Martins kuri Radiyo Power 105.1 muri Leta ya New York, yatangaje ko amashusho
yasakaye yafashwe n’uwo bigeze gukundanaho.
Uyu mugore yavuze ko baje
gutandukana uwo musore agafata umwanzuro wo kumusebya ashyira hanze amabanga
yabo yo mu gitanda, ikibazo cy'ingutu Tiwa Savage yagize kikaba cyari ukwibaza ayo
mashusho umuhungu we Jamil ayabonye.
Bitewe n'iyo mpamvu, Tiwa Savage
yitabaje umuhanga mu by’ikoranabuhanga aranamwishyura kugira ngo akure kuri
murandasi ayo mashusho.
Tiwa Savage yabivuze agira ati”Ikibazo
narimfite cy’amashusho yanjye y’urukozasoni yashyizwe hanze ku bw’ubugome cyari
igihe, umuhungu wanjye umunsi umwe yazayabona.”
Agaruka ku buryo yabonyemo
igitekerezo ati”Ariko nahise ntangira kuvugana n’umuhanga mu by’ikoranabuhanga, amfasha gukura aya mashusho kuri murandasi no muri telefone zose zigendanwa, ubu
nta hantu wayabona nubwo waba wari warayabitse muri telefone yawe.” ‘
Aya mashusho yagize ingaruka
ikomeye ku buzima bw’uyu muhanzikazi kuko nyinshi muri kompanyi bari bafitanye
imikoranire zagiye zimuvaho.
Tiwa Savage kuri ubu ageze kure
imyiteguro yo gushyira hanze filime ya mbere yise ‘Water&Garri’ biteganyijwe
ko izagera hanze ku wa 10 Gicurasi ndetse integuza yayo mu buryo bw’amashusho
yageze hanze.
TANGA IGITECYEREZO