RFL
Kigali

Bahavu agiye gukora ibirori byo gutanga impamyabumenyi ku banyeshuri 150 yinjije muri Cinema

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:24/04/2024 17:23
0


Umukinnyi wa filime Usanase Bahavu Jannet yatangaje ko agiye gukora ibirori azatangiramo Impamyabumenyeshuri ku banyeshuri b’abakobwa n’abasore, basoje amasomo ajyanye na Cinema, ni nyuma y’amezi arenga atandatu yari ashize bakurikirana amasomo y’abo mu bihe bitandukanye.



Aba banyeshuri barenga 150 basoje icyiciro cyabo cy’amasomo, bize amasomo ajyanye no kwandika, gukina ndetse no gutunganya filime mu buryo bw’umwuga kandi bugezweho.

Bize mu bihe bitandukanye, aho buri cyiciro bagiye biga mu gihe cy’ibyumweru bibiri, kandi bagahabwa amasomo abafasha kuzavamo abakinnyi ba filime b’ejo hazaza.

Bahavu avuga ko yashingiye cyane ku kwigisha ‘abafite inyota yo kwinjira muri Cinema’ ariko kandi yabikoze mu rwego ‘rwo gutanga umusanzu we kuri filime Nyarwanda’.

Ibirori “Graduation Ceremony- Building Talent, Building Futures” byo gutanga impamyabumenyi kuri aba banyeshuri bizaba tariki 28 Kamena 2024, guhera saa kumi n’imwe z’umugoroba.

Aho bizabera ntiharatangazwa. Buri wese usoje amasomo yemerewe kuzajyana n’umuntu umwe umuhekereje, kandi ni ibirori bizatabirwa n’abazwi mu ruganda rw’imyidagaduro n’abandi.

Ni ibirori bizarangwa no kunyura ku itapi itukura (Red Carpet), kandi hazatangwa n’ibihembo ku banyeshuri bahize abandi. Mu kiganiro na InyaRwanda, Bahavu ati “Tuzatanga ibihembo ku banyeshuri bashoboye gukoresha neza ubumenyi twabahaye bagakora filime z’abo bwite.”

Yanavuze ko muri ibi birori, hazatangwa igihembo cya filime yahize izindi mu zakozwe n’abanyeshuri bakurikiranye aya masomo binyuze muri Baha Africa Entertainment.

Akomeza ati “Ni mu rwego rwo gutera ishyaka n’abandi banyeshuri kugirango baboneke, ubumenyi twabahaye bakwiye no kuzabwifashisha mu gihe kiri imbere.” 

Bahavu wamamaye muri filime zinyuranye zirimo nka ‘City Maid’, avuga ko mu gihe cy’amezi atandatu ashize atanga amasomo ashamikiye kuri Cinema, yabonye ko mu Rwanda hari impano zikomeye, kandi abagiye bagaragaza ubumenyi bwisumbuyeho yagiye abaha umwanya bakina muri filime zitandukanye zirimo nka ‘Impanga’, ‘Isi Dutuye’ n’izindi.

Bahavu yatangaje ko agiye gutanga Impamyabumenyi ku banyeshuri 150 basoje amasomo ajyanye na Cinema 

Bahavu yavuze ko hazatangwa n'ibihembo ku banyeshuri bahize abandi mu gihe cy'amezi atandatu ashize bakurikirana amasomo

Bahavu avuga ko hazanahembwa filime yahize izindi zakozwe n'abanyeshuri basoje amasomo
 

Ibirori byo gutanga impamyabumenyi bizaba tariki 28 Kamena 2024 

Bahavu ari kumwe na bamwe mu banyeshuri bakurikiranye amasomo y’abo ajyanye na Cinema

Bahavu avuga ko yagiye ahitamo abanyeshuri ashingiye cyane cyane ku bashaka kuzavamo abakinnyi ba filime

Bahavu avuga ko hari bamwe mu banyeshuri yifashishije muri filime ze zirimo 'Impanga'

Bahavu yagiye yifashisha urugendo rwe muri Cinema, agatinyura abakobwa n'abasore


Bamwe mu banyeshuri bagiye bagaragaza ubumenyi buhanitse ubwo babaga bahawe umukoro wo gukina filime

Bahavu avuga ko azakomeza gutanga amasomo ya Cinema, nyuma yo guha impamyabumenyi icyiciro cya mbere 

KANDA HANO UREBE 'EPISODE' YA 29 YA FILIME Y'URUHEREREKANE 'IMPANGA'

">






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND