RFL
Kigali

Nep Djs bagiye kwifashishwa mu kongera imbaraga imyidagaduro y'ibirori bya Basketball

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:24/04/2024 10:17
0


Itsinda ry’abavanga imiziki rya Nep Djs rigizwe na Dj Berto na Dj Habz ryasinye amasezerano y’imikoranire n’Ishyirahamwe ry'umukino wa Basketball mu Rwanda (FERWABA), agamije gutanga ibyishimo biherekeza umukino w’abasirimu ‘Basketball’ binyuze mu bihangano by’abahanzi banyuranye bacuranga.



Aba basore bashyize umukono ku masezerano ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 23 Mata 2024, kuri BK Arena. Ni nyuma y’imyaka irenga itanu ishize bigaragaza mu bikorwa bitandukanye birimo ibitaramo, ibirori n’ibindi bagiye bacurangamo.

Ferwaba yavuze ko aya masezerano y’ubufatanye basinye na Nep Djs agamije “kongerera imbaraga imyidagaduro y'ibirori bya Basketball”, hagamije ‘kureba uburambe bushimishije ku bafana ndetse n’abakinnyi.”

Dj Berto yabwiye InyaRwanda ko bishimiye amasezerano bagiranye na Ferwaba, avuga ko biteguye gutanga ibyishimo mu gihe cy’imyaka ibiri bamaze bakorana n’iri shyirahamwe.

Yavuze ko amasezerano bashyizeho umukono bayitezeho gususurutsa ibihumbi by’abantu bitabira umukino wa Basketball. Ati “Amasezerano twashyizeho umukono agamije guteza imbere Siporo muri rusange cyane mu myidagaduro, aho usanga bifasha abakinnyi ndetse n’abitabiriye imikino neza mu gihe cy’umukino.”

Uyu musore yavuze ko bazakorana na Ferwaba bacuranga mu mikino inyuranye irimo nka Rwanda Basketball League, Playoffs, All Star Games ndetse n’indi itandukanye.

Muri Werurwe 2023, nibwo DJ Berto na DJ Habz batangiye urugendo rwo gushyira hanze indirimbo bahuriyemo n’abahanzi. Aba basore ku ikubitiro bashyize hanze indirimbo bise “Midnight’’, bakoranye na Kivumbi King.

Ni indirimbo yo kwishimisha cyane yanakwifashishwa mu tubyiniro dutandukanye yaba muri Kigali n’ahandi, abantu bageze mu masaha y’igicuku amwe abakunzi b’utubyiniro baba batangiye kwizihirwa. Nep Djs basohoye iyi ndirimbo bizihiza imyaka itanu bamaze bakorana nk’itsinda.

Nep Djs ni itsinda ry’abasore babiri bize Amateka, Ubukungu n’Ubumenyi bw’Isi bahuje bahuye bavangavanga umuziki mu bitaramo n’ibirori bikomeye.

Bombi bari mu mutaka wa RG Consult itegura ibitaramo ngarukakwezi bya Kigali Jazz Junction bimaze kuba ubukombe. Nep Djs yashinzwe muri Werurwe 2018.

Yifashishwa kenshi mu birori no mu bitaramo bikomeye i Kigali. Iri tsinda rigizwe n’abasore babiri; Bertrand Kaysan Iyarwema [Dj Berto] w’imyaka 29 y’amavuko, na Habib Kamugisha [Dj Habz] w’imyaka 26 y’amavuko.

Bombi nta sano y’amaraso bafitanye. Ubushuti bwabo bubahuza nk’impanga’, bambara kenshi imyenda y’ibara rimwe, imipira yanditseho ‘Nep Djs’, ingofero n’ibindi bigaragaza ibirango byabo nk’itsinda.

RG Consult ifite mu biganza Nep Djs isanzwe igira n’uruhare mu gutegura ibirori n’ibitaramo inahuriyemo na Neptunez Band, Nep Records na Nep Films.

Nep Djs bacuranze bwa mbere hamurikwa “Feel Mag” mu birori byabereye Galaxy Hotel mu Kiyovu. Banacuranze muri Kigali Juzz Junction zabaye mu bihe bitandukanye, “Seka Fest Comedy show”, Dj Pius amurika album yise ‘Iwacu. Mu birori byo kumurika Amstel Malt, Heineken, Mutzig Class n’ahandi.

‘Nep’ bisobanura abantu bishyize hamwe kandi bakora umwuga umwe. Dj Berto yavukiye i Bujumbura mu Burundi ariko yakuriye mu Rwanda.

Yakuze akunda umuziki, yiga muri Agahozo Shalom Youth Village yo mu karere ka Rwamagana. Ni ishuri avuga ko rifite ibikoresho byinshi byifashishwa mu kuvangavanga umuziki, yanakoresheje mu gihe yamaze ku ishuri.

Mu 2014 yahuye na Dj Fla wamwigishije byinshi bijyanye na Porogaramu nyinshi zifashishwa mu kuvangavanga umuziki. Mu 2015, Dj Fla yamuhuje n’Umuyobozi wa Rosty Club, atangira akazi uko. 

Dj Habz yavukiye i Kigali. Yize amashuri abanza muri Kigali Parents, ayisumbuye yiga Kagarama mu cyiciro rusange asoreza muri Lycée de Kigali mu ishami ry’Amateka, Ubukungu n’Ubumenyi bw’Isi.

Urugendo rwe rwatangiye mu 2013 ubwo yigaga mu mwaka Gatatu w’amashuri yisumbuye. Icyo gihe yari yitabiriye ibirori byari byateguwe na K Fm.

Dj Danches wacuranze muri ibyo birori, yatumye uyu musore yumva akunze kuvanga umuziki yifuza no kubikora. Ibi byaturutse ku kuba Dj Danches yaracuranze indirimbo zamukoze ku mutima.

Mu mpera za 2014, nibwo Dj Habz yatangiye gushaka aba-Djs bamufasha kwiyungura ubumenyi. Mu 2015 yahuye n’inshuti ze ebyiri biganye bamuhuza na Skizzy amufasha kubona akazi kuri Royal Tv.

Mu 2016 yatangiye kwitabira ibirori bitandukanye, byatumye yisanga mu kibuga cyo kuvanga umuziki.

Dj Habz na Dj Berto ibyo bakora nta n’umwe wo mu muryango wabo ubikora, bahuriza ku kuvuga ko kuba ibyo bakora babikunda aribyo bituma n’uyu munsi bagikomeje urugendo rwo kuvanga umuziki.

Nep Djs bagiranye amasezerano y’imikoranire n’Ishyirahamwe ry'umukino wa Basketball mu Rwanda (FERWABA) agamije gususurutsa abitabira kureba imikino ya Basketball

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Ishyirahamwe ry’Umukino wa Basketball (Ferwaba), Fiona Ishimwe [Ubanza iburyo] ashyira umukono ku masezerano

Nep Djs bavuze ko biteguye gususurutsa abitabira imikino ya Basketball bisunze umuziki
Mu myaka itanu ishize bari mu bavanga imiziki, Nep Djs bavuga ko gukorana na Ferwaba ari kimwe mu byiza bagezeho

KANDA HANO UREBE INDIRIMBO NEP DJS BAKORANYE NA KIVUMBI

">





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND