RFL
Kigali

Julianna yahishuye iturufu yagejeje Azawi muri Swangz Avenue

Yanditswe na: Abitije Seraphin Elise
Taliki:24/04/2024 11:06
0


Julianna Kanyomozi yabwiye Azawi ko yatoranijwe ngo yinjire muri Swangz Avenue kuko nyirayo yamubonagamo ubushobozi n’imbaraga nk'iza Mowzey, ibintu uyu mukobwa avuga ko ari iby’igiciro gikomeye.



Mu kiganiro yatanze, Juliana Kanyomozi yakomoje ku kuba nyiri Swangz Avenue, Julius Kyazze ajya gusinyisha Azawi yaramubwiye ko uyu mukobwa afite impano nk'iya Mowzey Radio.

Juliana Kanyomozi ati”Ubwo Juilus Kyazze yakubonaga bwa mbere, yaratangaye cyane, yambwiye ko igihe cyose iyo akumvise yumva muri wowe Mowzey Radio w’umugore muri wowe.”

Kanyomozi yabwiraga Azawi ukuntu kugira ngo asinye muri Swangz Avenue ari uko bamubonyemo impano idasanzwe iri ku rwego nk'urwa Mowzey Radio maze bikaza no guhurirana no kuba Azawi yaravuze ko afatira urugero kuri Goodlyfe.

Azawi yongeye gushimangira iyi ngingo koyishimiraga ibihangano bya Radio ati”Mbere y'uko Radio yitaba Imana nari umufana we. Nari umufana wa Radio na Weasel nakundaga bari basore.”

Yongeraho ati”Natekerezaga ko bariya bari urungano rwanjye. Nibo kandi batumye mbasha kugera aho ngeze. Narabakundaga nkumva indirimbo zabo, nkazisubiramo kugera n’uyu munsi ndacyabikora.”

Azawi avuga ko yumva  iyo ariyo mpamvu n’abantu bashobora kumva yandika nka Mowzey Radio gusa ko adashobora kwigereranya na we kuko yari umuhanga bikomeye.

Ikindi Azawi agaragazw ko yishimira bikomeye uburyo Radio yandikaga ibintu bimuvuyemo nko muri Zuena na Ekyaama, ko ari indirimbo zisobanura neza imyandikire ya Radio.

Priscilla Zawedde [Azawi] amaze gushinga imizi mu muziki wa Uganda, mu 2019 yasinyanye amasezerano na Swangz Avenue,akora umuziki mu njyana ya Afrobeat yabaye umunya-Uganda wa mbere wagaragaye kuri New York “Times Square’ na Los Angeles Billboard.

Yasoreje icyiciro cya Kaminuza muri Makerere, umuziki akaba ari ikintu yakuze akunda aho yinjiye mu birebana n’imyidagaduro mu mwaka wa 2005 abyina mu itsinda rya Kika.

Mu 2011 ni bwo yinjiye mu muziki by’umwuga atangira yandika indirimbo, ubuzima bwaje gukomera ubwo Se yitabaga Imana bimushyira ku gitutu cyo kurushaho gukora cyane ngo abone amafaranga yo gukomeza gufasha umuryango.

Yandikiye indirimbo abahanzi bakomeye barimo Nina Rose, Lydia Jazmine, Carol Nantongo, Vinka na Eddy Kenzo ari na we wamumenyekanishije kurushaho.

Mu 2015 ni bwo yatangiye kujya aririmbira abakiriya muri Restaurant ya nyina.

Kuva yakwinjira muri Swangz Avenue, amaze gukora indirimbo zirenga 20 kandi zifite igikundiro muri Uganda.

KANDA HANO UREBE IKIGANIRO CYA JULIANA KANYOMOZI NA AZAWI

">

Azawi yari mu bitabiye Trace Awards 2023 iherutse kubera mu Rwanda Uyu mukobwa benshi mu bagande bakomeje kumwerekzaho amaso ko ashobora gutumbagiza biruseho umuziki wa Uganda Julianna Kanyomozi yavuze ko Swangz Avenue yamusinyishije kuko yamubonagamo ubushobozi nkubwa RadioAzawi yakuze akunda itsinda rya Goodlyfe ryamubereye isoko y'inganzo






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND