Mbabazi Shadia [Shaddyboo] uri mu bari n’abategarugori bamaze igihe batigisa imyidagaduro nyarwanda, yagaragaje ibyishimo bikomeye ku Mana yongeye kumutiza undi mwaka akomoza ku kintu atajya yibagirwa.
Shaddyboo wizihiza isabukuru y’imyaka 32 abonye izuba, yongeye
kugaragaza ko umwaka asoje uba warabayemo byinshi ubwo birumvikana akomoza ku
byiza n’ibibi ariko ko hari ikintu gikomeye gituma anyura muri ibyo byose.
Uyu mugore yagize ati”Uyu munsi ni uw’amavuko wanjye, ndifuza
kwishimira ko nakomeje kugira imbaraga, kwihangana no gukomera muri buri kimwe, ibintu byinshi byarabaye muri uyu mwaka.”
Ashima Imana yabimufashishijemo, akomoza no gikomeza
kumufasha ati”Ndashima Imana ikomeza kumpa iteka andi mahirwe yo kurushaho
gukora neza. Isabukuru nziza kuri njye sinzigera nibagirwa kwikunda na rimwe.”
Mbabazi Shadia benshi bazi nka Shaddyboo ari mu byamamare
n’abanyarwanda bike bifite agahigo ko kugira abamukurikira barenga Miliyoni.
Ibi ariko bikaba bitarizanye gutyo kuri uyu mugore w’abana
2 babiri yabyaranye na Meddy Saleh, ahubwo byashingiye gukora rimwe na rimwe
ibirenze ibyo abandi batinyuka yaba mu myambarire n’imyitwarire.
Yagiye avugwaho kugirana umubano n’abahanzi bakomeye
benshi bagiye baza mu Rwanda nka Diamond Platnumz ndetse na Davido.
Mu minsi yashize yari mu rukundo Manzi Jeannot ariko hashize
igihe havugwa inkuru z’uko batandukanye ndetse mu byo Shaddyboo asangiza
abamukurikira yagiye abyitsaho mu buryo busa n'ubujimije.
Ni Shaddyboo ugiye gutangira umwaka wa 33 asa n'utakigaragara
cyane mu myidagaduro. Ari mu bari n'abategarugori bitabazwa n'abatari bake mu bikorwa byo kwamamaza
Shaddyboo yashimiye Imana yamwongeye undi umwaka,agaragaza ko icyaba cyose adashobora kureka kwikunda
TANGA IGITECYEREZO