RFL
Kigali

Abarimo Killaman na Mitsutsu bagiye guhurira mu ndirimbo na Gauchi na Sean Brizz -AMAFOTO

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:17/04/2024 6:19
0


Abanyarwenya bagezweho muri iki gihe barimo Killaman na Mitsutsu bari mu bazagaragara mu ndirimbo umuhanzi Gauchi yitegura gushyira hanze yise ‘Bazanga’ yakoranye n’umuhanzi uri mu bagezweho muri iki gihe, Sean Brizz.



Ni indirimbo ishingiye ku nkuru y’urukundo, kandi amashusho y’ayo bayafatiye mu bice bitandukanye by’Umujyi wa Kigali mu rwego rwo kugaragaza ibyiza bitatse u Rwanda.

Gauchi yabwiye InyaRwanda, ko yamaze gufatira amashusho iyi ndirimbo kandi izajya hanze mu byumweru bibiri biri imbere. Yavuze ko gukorana iyi ndirimbo na Sean byaturutse ‘ku bushuti dusanzwe dufitanye no kuba twaraganiriye tugahuza’.

Ati “Ni umuhanzi w’umuhanga wigaragaje cyane mu ndirimbo zinyuranye, ndatekereza nta muntu umushidikanyaho. Rero, gukorana nawe indirimbo byavuye ku biganiro twagiranye, numva duhuje umurongo ujyanye n’umushinga w’iyi ndirimbo.”

Iyi ndirimbo izagaragaramo abanyarwenya banyuranye aho bazaba bakina ubutumwa bw’ibyo Sean Brizzy na Gauchi baririmbye muri iyi ndiirmbo.

Amafoto yagiye hanze agaragaza ko iyi ndirimbo izaba irimo umukinnyi wa filime wamenyekanye nka Nyabitanga muri filime ‘Miss Mulenge’, ‘Killaman’ uzwi muri filime zinyuranye anyuza ku muyoboro wa Big Mind, ‘Mitsutsu’ wigaragaza mu isura y’umunyarwenya waganjijwe na manyinya ndetse na Aisha ukunze kugaragara cyane muri filime z’umunyarwenya Nyaxo n’izindi.

Aba banyarwenya bari muri iyi ndirimbo, bamaze igihe bigaragaza cyane mu bihangano binyuranye cyane cyane ibyubakiye kuri Cinema.

Mu gihe cy’imyaka itatu ishize, banagiye banifashishwa n’abahanzi bagezweho mu rwego rwo gusembura ibyo babaga bakora.

Gauchi yavuze ko kwfashisha aba banyarwenya bishingiye ku buhanga bw’abo n’umusanzu yari abitezeho. Ati “Ni abanyarwenya nsanzwe nkunda, ikindi barigaragaje cyane mu bihangano by’abo baheruka gushyira hanze. Kandi, bagiye banagaragara mu zindi ndirimbo z’abahanzi.”

Akomeza ati “Rero, kubahitamo nashingiye kuri ibyo byose. Amashusho twamaze kuyafata, kandi ndatekereza y’uko bizatanga umusaruro uhamye kuri iyi ndirimbo.”


Nyuma yo gushyira hanze indirimbo zirimo 'Nezerwa', 'Ikaze', Gauchi aritegura gushyira hanze indirimbo nshya yakoranye na Sean Brizz

Gauchi yavuze ko iyi ndirimbo ishingiye ku mukobwa wakuriye mu cyaro yagera mu Mujyi akabenga abasore
Killaman akina muri iyi ndirimbo ari kumwe na Nyabitanga wamamaye muri filime Miss Mulenge
Mitsutsu uri mu banyarwenya bigaragaje mu myaka ibiri ishize ari kumwe na Sean Brizz waririmbye muri iyi ndirimbo 


Abakinnyi bakomeye muri filime bahurijwe muri iyi ndirimbo ya Gauchi na Sean Brizz


Umukinnyi wa filime Inkindi Aisha ari mu bazagaragara muri iyi ndirimbo yitsa ku rukundo rw'umukobwa wo mu cyaro

Gauchi yavuze ko amashusho y'iyi ndirimbo yafatiwe mu Mujyi wa Kigali no mu Ntara 


Gauchi yavuze ko gukorana indirimbo na Sean Brizz byaturutse ku buhanga bwe 

KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y'INDIRIMBO 'IKAZE' YA GAUCHI

">

KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y'INDIRIMBO YA SEAN BRIZZY

">
 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND