RFL
Kigali

Kuririmba mu rurimi rwo ku Nkombo byamuhesheje ibikombe: Marchal Ujeku yagarutse amwenyura- VIDEO

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:16/04/2024 12:03
0


Umuhanzi akaba n’umushoramari, Marchal Ujeku yatangaje ko kuririmba mu rurimi rw'Amahavu rwo ku Nkombo byabaye iturufu ikomeye yamufashije ku kwegukana ibikombe bibiri muri 'East Africa Arts Entertainment Awards 2024' byatangiwe muri Kenya ku Cyumweru tariki 14 Mata 2024.



Uyu mugabo yageze i Kigali mu ijoro ryo kuri uyu wa Mbere tariki 15 Mata 2024, afite ibikombe bibiri yegukanye muri Kenya. Yegukanye igikombe mu cyiciro cya ‘Best Culture Music- East Africa 2024’ anegukana igikombe cya ‘Most Supportive/Best Real Estate Company Award’.

Ibi bihembo byatanzwe ku nshuro ya Gatatu, hagamijwe guteza imbere abahanzi, abakinnyi ba filime, aba Producer, abanyamakuru, abajyanama mu muziki n’abandi bagira uruhare mu iterambere ry’inganda ndangamuco mu bihugu bitandukanye cyane cyane ibyo muri Afurika.

Umuhango wo gutanga ibi bihembo wabereye mu nyubako y’imyidagaduro ya Nairobi Street Kitchen, aho witabiriwe n’abayobozi mu nzego zinyuranye ndetse n’abahanzi.

Rayvanny niwe waciye agahigo yegukana ibikombe bitanu. Mu mafoto yashyize kuri Instagram ye, yagaragaje amafoto y’abarimo Beyonce na Drake batwaye ibikombe bya Grammy Awards, agaragaza ko ari kugerageza gutera ikirenge mu cyabo.

Mu kiganiro yagiranye na InyaRwanda, Marchal Ujeku yavuze ko ari ibyishimo bikomeye kuri we kuba yabashije kwegukana iki gikombe ariko kandi 'ntabwo rwari urugendo rworoshye'. Yavuze ko ashima Imana cyane, ndetse n'abakunzi b'umuziki bamushyigikiye kuva atangiye.

Yavuze ko yari ahatanye n'abahanzi bakomeye ndetse na kompanyi zikomeye bityo kugera kuri ibi bihembo, kuri we 'kari akazi katoroshye'.

Marchal yavuze ko bitewe n'iterambere u Rwanda rugezeho, ndetse no kuba ruzwi neza mu bihugu by'amahanga bituma 'buri munyarwanda wese userutse abantu bumva ko akora ibintu byiza kandi ku rwego rwiza'.

Yabwiye InyaRwanda ko igikombe cy'indirimbo nziza y'umuco mu Karere k'Afurika y'Iburasirazuba (EAC) yegukanye cyamuteye ishyaka 'ryo kugaruka mu muziki'.

Avuga ko iki gikombe yegukanye kigiye kumuha imbaraga zo gukomeza gukora umuziki ahozaho, kandi ni icyizere atanga ku bafana no ku bakunzi b'umuziki muri rusange.

Uyu niwe muhanzi wenyine wabashije kuva ku Nkombo yurira indege bitewe n'umuziki. Ibi bituma avuga ko kuba yarahisemo kuririmba mu rurimi rwo ku Nkombo abona ko atahisemo nabi.

Ati "Nta kintu ku Isi gishobora kuguteza imbere nk'impano. Impano wifitemo yaba ari iyo guteka, yaba ari iyo kuba umuyede, ugomba kumva ko ariyo mpano yawe, kandi umunsi umwe igomba kuzana imbuto."

Akomeza ati "Ku bijyanye rero no guteza imbere injyana gakondo yo ku Nkombo nta n'ubwo mbisabwa ahubwo ni inshingano. Niba narakuriye muri kiriya kirwa nkatera imbere, nanjye mfite icyo ngomba kiriya kirwa, nkagira n'icyo ngomba abavandimwe bo muri kiriya kirwa."

Indirimbo yitwa 'Ntakazimba' imaze amezi niyo yamuhesheje igikombe, ndetse mu bihugu birimo Kenya irumvwa cyane byatumye abasha kwegukana iki gikombe.

Marchal Ujeku avuga ko mu gihe yari amaze muri Kenya, yagerageje gukora indirimbo azikorewe na Producer Run [Wahoze ari Producer David], kandi ko izi ndirimbo zizajya hanze mu gihe kiri imbere.

Mu 2016 ni bwo Ujekuvuka Emmanuel [Marchal Ujeku] yinjiye mu muziki aririmba gakondo y’iwabo ku Nkombo, ibintu byatunguye benshi.

Afite indirimbo nyinshi zamuciriye inzira nka ‘Bombole Bombole’, ‘Bikongole’ yakoranye na Jay Polly, Omwana Akwira yafatanyije na Mani Martin, ‘Nkusima Bwenene’ yakoranye n’umunyekongo Aganze Premier n’izindi.

Uyu muhanzi akora umuziki wubakiye ku njyana yise ‘Nkombo Style’, mu rwego rwo kumenyekanisha no guteza imbere aho avuka. Ariko kandi biri mu murongo wo gusigasira umuco. 

Afite studio y’umuziki yashinze yise Culture Empire. Yatumiwe mu bitaramo nka Kigali Up, FESPAD, amaserukiramuco yabereye nko muri Côte d’Ivoire mu 2016, muri Zanzibar, muri Congo n’ahandi.


Marchal yatangaje ko kuririmba mu rurimi rw’Amahavu rwo ku kirwa cya Nkombo byamuhesheje kwegukana igikombe cy’indirimbo y’umuco mu bihembo bya ‘EAEA’


Marchal yavuze ko iterambere amaze kugeraho yiteguye kurisangiza abo yasize ku Nkombo


Marchal yegukanye ibikombe bibiri mu bihembo bya 'East Africa Arts Entertainment Awards 2024'(EAE A2024)

KANDA HANO UREBE IKIGANIRO TWAGIRANYE NA MARCHAL UJEKU

">






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND