RFL
Kigali

Nabyiyumvagamo- Bahavu watangiye ivugabutumwa mu buryo bweruye nyuma ya musaza we

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:15/04/2024 14:03
0


Umukinnyi wa filime uri mu bakomeye, Usanase Bahavu Jannet yatangiye ivugabutumwa ryagutse yisunze umuyoboro wa Youtube, aho azajya anyuzaho ibiganiro binyuranye byibanda ku buhamya, ubuzima bw’Imana no gusengera abantu banyuranye, kandi avuga ko ari ibintu yiyumvagamo.



Uyu mugore wamamaye muri filime zirimo ‘Impanga’ amaze iminsi afunguye umuyoboro wa Youtube, aho anyuzaho ibyigisho binyuranye. Amaze iminsi atambutsa ibiganiro byubakiye ku rupfu rwa Kristo n’ubuzima byatanze ku bamwizera. Ati “Kuzuka kwawe bitwemeza ko nta kigeragezo nta kimwe tutatsinda, kuko watsinze urupfu na Satani… Ushimwe uhabwe icyubahiro.”

Yabanje gutambutsa ikiganiro yise 'Yezu azure ibyawe byapfuye', akurikizaho 'Imana igukuye mu ntambara wari umazemo igihe', 'Ibyatumye ubuzima bwawe buhinduka' yisunze ibyanditswe muri Yesaya 45:2-4, 'Isaha yo kubohoka' ndetse na 'Ubutunzi uwiteka atanga'.

Ibi biganiro atambutsa binashyirwa ku rurimi rw'Icyongereza. Kuko hari umukobwa ushyira mu Congereza ibyo aba ari kubwiriza.

Yabwiye InyaRwanda ko yakuze akunda gusenga byatumye yumva ari impano ashaka gukuza muri we, aniyemeza kwinjira mu ivugabutumwa ryagutse.

Bahavu yavuze ko uretse ivugabutumwa azajya akorera kuri Youtube, anatekereza kuba ryakwaguka akajya arikorera mu nsengero n’ahandi. Avuga ko azashingira ku cyo uwamuhamagaye azamwumvisha muri we.

Ati “Aho umwuka wera azanyobora hose nzahakorera. Nari nsanzwe niyumvamo kubwiriza, ariko sinari mbizi ko nzabikora uko.”

Uretse kubwiriza muri ibi biganiro byubakiye ku ivugabutumwa, Bahavu ananyuzamo akaririmba zimwe mu ndirimbo zizwi mu gitabo cy’Umukristo.

Yavuze ko ari ‘gutera ikirenge mu cya Kristo’ kuko ‘ni we ndorerwamo iboneye ku muhamagaro wanjye’. Ku wa 18 Mutarama 2024, nibwo Bahavu yagaragaje ko yinjiye mu ivugabutumwa mu buryo bweruye, ubwo yabwirizaga mu giterane 'Kubaho ubuzima bw’ibyo twizera” cyari kiyobowe na Bishop Olive Murekatete' cy'itorero ryitwa 'Shiloh Prayer Mountain Church'.

Bahavu atangiye urugendo rw’ivugabutumwa nyuma ya musaza we usanzwe ufite ‘Ministry’ yitwa Mountain of Light Ministry’.

Bahavu yatangaje ko yakuze yiyumvamo gukora umurimo w'Imana, ariko ko atigeze atekereza ko igihe kimwe kizagera akabikora mu buryo bwagutse
Bahavu yavuze ko azakomeza kumvira ijwi ry'Imana mu muhamagaro yahawe 

Bahavu atangiye ivugabutumwa nyuma ya Musaza usanzwe ari umuvugabutumwa yisunze umuyoboro wa Youtube

REBA HANO IKIGANIRO BAHAVU YATAMBUKIJE BWA MBERE KURI YOUTUBE
 ">

BAHAVU AHERUTSE GUKORA IKIGANIRO CYIBANZE KU BUTUNZI IMANA ITANGE

">  

KANDA HANO UREBE IKIGANIRO CYAKOZWE NA MUSAZA WA BAHAVU

">





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND