RFL
Kigali

Yakirijwe imbyino gakondo ku kibuga cy’indege: Nyuma y’imyaka 6 Rema yasuye umujyi yavukiyemo-VIDEO

Yanditswe na: Abitije Seraphin Elise
Taliki:29/03/2024 10:37
0


Bwa mbere kuva yaba icyamamare kabuhariwe mu muziki, Divine Ikubor [Rema] yasuye umujyi w’amavuko we wa Benin mu Ntara ya Edo ho muri Nigeria.



Rema yajyanye n’ibindi byamamare bavuka mu gace kamwe nka Shallipopi na Israel DMW umujyanama wihariye mu by'umutungo wa Davido.

Akigera ku kibuga cy’indege, yakiranwe urugwiro n'itorero ry’umuco bamubyinira bamugaragariza ibyishimo batewe no kongera kumubona nyuma y’intambwe amaze kugeraho.

Rema yamamaye kuva mu mwaka wa 2019 ubwo yashyiraga hanze indirimbo Dumebi, icyo gihe yari akibarizwa kwa D’Prince muri Jozing World. Bidatinze yaje kwinjira muri Mavin ya Don Jazzy kugeza n’ubu akibarizwamo.

Indirimbo yashyize hanze muri 2022 yabaye ikindi kintu mu bakunzi b’umuziki iza ku mwanya wa Gatatu kuri Billboard Hot 100 inayobora Billboard Afrobeat mu gihe kingana n’ibyumweru 58.

Kuva Rema yakwimukira muri Lagos muri 2019, ni bwo bwa mbere asubiye ku ivuko muri uyu mwaka wa 2024.

Benshi mu bakunzi b’uyu musore w’imyaka 24 bagaragaje ko batewe ishema na we bibaza niba hari igitaramo yaba ahafite, abandi bashimangira ko aserukanye ishema n’isheja.

Umuvandimwe wa Rema na Papa we bitabye Imana mu bihe bishize, akaba asigaranye na Mama we. Higeze gusakara amashusho ubwo uyu muhanzi yari afite imyaka 17 aha impano y’imodoka umubyeyi we.

Rema ubwo yageraga ku kibuga cy’indege yakjriwe n’ababyeyi mu mbyino n’indirimbo gakondo

Imyaka itandatu yari ishize adakandagiza ikirenge mu gace avukamo bivuze ko yaherukagayo mbere yo gusinya muri MavinRema amaze kuba ikigugu mu muziki wa Afurika n'Isi muri rusange Imyaka yari ibaye myinshi Rema atagera mu mujyi w'amavuko wa Benin muri Edo






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND