Kigali

Yatangiye gukina muri ‘Bamenya’! Uko Miss Ingabire Diane yinjiye muri Sinema

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:19/03/2024 11:11
0


Ingabire Diane wegukanye ikamba ry’umukobwa wabaniye neza bagenzi be [Miss Congeniality] muri Miss Rwanda ya 2020, yatangaje ko yakabije inzozi zo kwinjira muri Sinema nyuma y’uko afashijwe n’umukinnyi wa filime Rukundo Arnold wamamaye nka Shaffy kuva ubwo atangira kugaragara mu bihangano binyuranye.



Uyu mukobwa ni umwe mu bari kugaragara mu bice bishya bya filime ‘Bamenya’, ndetse ari mu bakinnyi b’imena muri filime zikunzwe muri iki gihe zitambuka ku muyobora wa Youtube nka ‘Gashugi’, ndetse akina muri filime ‘Love is Blind’ itambuka ku rubuga ABA TV rwa Usanase Bahavu Jannet.

Mu kiganiro na InyaRwanda, uyu mukobwa yavuze ko gukabya inzozi zo gukina filime byaturutse ku kwitinyuka no gutera intambwe ya mbere agasaba Shaffy ko yamufasha gutangira Paji nshya mu rugendo rwe rw’ubuzima bwe.

Ati “Mu busanzwe Shaffy ni inshuti yanjye. Naramwandikiye mubwira ko mfite impano yo gukina filime ubundi ampa gahunda turahura ankoresha isuzuma (Casting), abona ndashoboye. Ni uko yamfashije kwinjira muri Cinema.”

Uyu mukobwa asobanura ko gukina muri filime ya Shaffy byatumye yizerwa n’abandi bafite filime, batangira kumwiyambaza muri filime z’abo.

Kuri we, avuga ko byanatumye umubano we n’abandi bakinnyi waguka, kandi agira n’ubumenyi bwamufashije kuvamo uwo ariwe muri iki gihe.

Ati “Uyu munsi nishimira aho ngeze kuko byampaye ‘Connection’ yo kujya mu zindi ‘Filime’ Nyarwanda zifite izina kandi byabaye n’akazi kamfasha mu buzima bwa buri munsi.”

Avuga ko umunsi wa mbere akina muri filime atorohewe no kwitwara neza imbere ya Camera. Ati “Buri muntu wese ugiye mu kintu gishya agira ubwoba cyane kuri Camera gusa kuko nakoraga ibintu nkunze kandi niyumvamo nanashoboye, byaranyoroheye guhita ngendana n’abandi kuko nari mfite ubushake.”

Ingabire Diane avuga ko inzozi ze zitagarukira ku kugukina muri filime z’abandi, ahubwo arashaka gukora ku buryo azagera aho nawe azaba afite filime ye bwite.

Yavuze ko ashaka no kugira uruhare mu gufasha abakobwa bagenzi be bashaka kuzavamo abakinnyi ba filime b’ejo hazaza.

Ati “Inzozi zanjye muri Sinema ni ukuzamuka nkagera kure ku rwego nanjye nagira filime yanjye ku giti cyanjye nkafasha n’abandi bafite inzozi nk’izanjye batarabona uko bagaragaza impano z’abo nabo bakazamuka.”

Asobanura ko umukobwa ushaka kwinjira muri Sinema akwiye kugira intekerezo zagutse, kandi akumva ko yiteguye kugerageza amahirwe yose yabona.

Hejuru y’ibi, akwiye kwiyumvamo ko ashoboye, kandi akirinda ibicantege. Ati “Niba uri umwana w’umukobwa ukaba wiyumvamo impano yo gukina filime ugomba kugira intekerezo zagutse, ukumva ko byose bishoboka, ukitinyuka, ukumva ko ibyo ugiyemo bizagutunga ukabikorana umutwe kandi ubikunze.”

Yungamo ati “Ukurinda abaguca intege, kuko iyo winjiye muri Cinema amagambo aba menshi ku bantu batandukanye yaba ukubwiza ukuri cyangwa nabi, wowe kurikira inzozi zawe kandi ukore.”

Miss Rwanda yasize igikombe!

Imyaka ibiri irashize irushanwa rya Miss Rwanda rihagaritswe! Kuva icyo gihe kugeza n’uyu munsi nta kanunu k’uko rishobora kuzasubukurwa.

Mu biganiro Mpuzabantu, humvikanamo abavuga ko iri rushanwa rizagaruka mu isura nshya, nyuma y’ibirego byakurikiranyweho Ishimwe Dieudonne [Prince Kid] wari urikuriye.

Kuri Ingabire Diane waryitabiriye akabasha no kwegukana ikamba, avuga ko kuba ryarahagaritswe ari igihombo ku bana b’abakobwa kuko ryabafashaga kwitinyuka.

Ati “Igihombo cyo nticyabura cyane cyane ku bana b’abakobwa kuko ryarabatinyuraga bagatanga imishinga y’abo bakabafasha kuyishyira mu bikorwa bikanazamura imibereho y’abo.”

Ariko kandi afite icyizere cy’uko rizagaruka cyangwa Leta igashyiraho ibindi bikorwa bifasha umukobwa w’umukobwa kwitinyuka.

Akomeza ati “Gusa nanone ababihagaritse bafite impamvu cyane ko baba barebera inyungu z’abakobwa muri rusange bifuza ko batera imbere. Reka twizera ko Miss Rwanda izagaruka mu y’indi shusho cyangwa bakaturebera andi mahirwe azateza imbere umwana w’umukobwa nk’uko basanzwe babigenza.”


Ingabire Diane wegukanye ikamba rya ‘Miss Congeniality’ muri Rwanda 2020 yatangaje ko yinjiye muri Sinema biturutse kuri Shaffy wamufashije


Ingabire yavuze ko akimara kuva muri Rwanda 2020, yatangiye urugendo rwo gukabya inzozi zo kwinjira muri filime


Ingabire avuga ko mu minsi ya mbere atorohewe no gukina muri filime, kuko byari ibintu bishya


Ingabire yavuze ko ihagarikwa rya Miss Rwanda ryateye igihombo ku bakobwa, kuko ryabafashaga kwitinyuka


Ingabire avuga ko afite inzozi zo kuzatangira kwitunganyiriza filime ye

KANDA HANO UREBE AGACE GASHYA KA FILIME ‘BAMENYA’ INGABIRE DIANE AGARAGARAMO (KU MUNOTA WA22)

"> 

KANDA HANOUREBE AGACE GASHYA KA FILIME ‘GASHUGI’ INGABIRE DIANE AGARAGARAMO

">





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND