RFL
Kigali

Yugi, umwarimu ku Nyundo yinjiye mu muziki ahinyuza abamucaga intege -VIDEO

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:2/03/2024 15:12
0


Umuhanzi akaba n’umwarimu ku ishuri ryigisha Muzika 'Rwanda School of Creative Arts and Music' ryahoze ryitwa Nyundo Music School, Iradukunda Aimable [Yugi Umukaraza] yinjiye mu muziki ashyira ahagaragara amashusho y’indirimbo ye ya mbere yise “Higher.”



Uyu musore yasoje amasomo ku Nyundo mu gihe kimwe n’abarimo umuhanzi Kenny Sol mu mwaka wa 2018, aho yigaga ibijyanye no gucuranga ibyuma bitandukanye by’umuziki cyane cyane ingoma.

Mu kiganiro na InyaRwanda, Yugi yavuze ko akimara gusoza amasomo ye, ku Nyundo bashyize ku isoko akazi ku mwanya w’umwarimu wigisha kuvuza ingoma, atanga ibyangombwa bye kandi akora ikizamini abasha gutsinda.

Kuva ubwo atangiye kwigisha ku Nyundo. Yasobanuye ko mu gihe amaze ku Nyundo yahigiye byinshi byanatumye ashyira mu bikorwa inzozi yahoranye zo kwinjira mu muziki.

Ati “Muri iki gihe ndi umwarimu wigisha ibijyanye no kuvuza ingoma. Ubwo nasozaga amasomo naje gukora, bangirira icyizere babona ko mbishoboye.”

Akomeza ati “Kwinjira mu muziki rero ni uko ari ibintu nkunda, kandi nkunda umuziki, kuko mbona ariyo nzira yo kunyuzamo ibyiyumviro byanjye.”

Yugi avuga ko gukora umuziki nk’umwuga, byaturutse ku bihe yanyuzemo ubwo yaririmbaga muri korali ya ADEPR, kandi agacurangira korali.

Yasobanuye ko yinjiye mu muziki afite umwihariko, kuko ashaka kubakira urugendo rwe ku njyana ya Afro Fusion ahuza n’umuco w’u Rwanda.

Ati “Ndashaka gukora umuziki wubakiye kuri Afro-Fusion. Umwihariko wanjye ni uko izaba ihuje umuco w’u Rwanda ku buryo buri wese yabyumva ko uturuka mu Rwanda, kandi buri wese yawisangamo.”

Yungamo ati “Ndifuza ko ibindimo byose byazagera kubatuye Isi yose bikababera ibibasubizamo imbaraga z’ejo hazaza.”

Yugi yavuze ko ajya kwinjira mu muziki, hari abatarabyiyumvishije ahanini bitewe n’uko bari bamuzi nk’umucuranzi w’ingoma bakiyumvisha ko atazabishobora.

Ati “Ibicantege byo byari byinshi. Kubera y’uko abantu benshi ntabwo biyumvishaga y’uko nava ku byo gucuranga ingoma kubera ko niho nari mfite abakunzi benshi. Benshi batekerezaga ko ndetse gucuranga ingoma, bikagorana, bakambwira bati ibintu byo kuririmba bireke turagushaka ku ngoma.”

Akomeza avuga ko atahaye umwanya abamuca intege, ahubwo yinjiye mu muziki agamije gutanga ubutumwa bw’ubumwe n’urukundo, kandi no kuvuza ingoma azakomeza kubikora nk’uko bisanzwe. Yifuza ko umuziki we wahuriza hamwe abantu, bakarangwa n’umunezero, kandi abari mu rukundo rugakomera.

Mu buryo bw’amajwi (Audio) iyi ndirimbo ‘Higher’ yashyize hanze yakozwe na Mok Vybz n’aho amashusho (Video) yafashwe kandi atunganywa an Fayzo Pro.

 

Yugi yatangaje ko yinjiye mu muziki hari abatabyumva kubera ko bamuzi nk’umucuranzi w’ingoma

Yugi yavuze ko kwiga ku Nyundo byamufashije kubona akazi ko kwigisha gucuranga/kuvuza ingoma
Yugi yavuze ko ashaka gukora umuziki uzahindura ubuzima bwa benshi 

Yugi asanzwe ari umwe mu baririmbyi bagize itsinda rya Shauku Band

KANDA HANO UREBE AMASHUSHO Y’INDIRIMBO ‘HIGHER’ YA YUGI

">





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND