RFL
Kigali

Uko DJ Crush umukobwa muto uri gutigisa imbuga i Kigali yinjiye mu kuvanga umuziki-AMAFOTO

Yanditswe na: Abitije Seraphin Elise
Taliki:17/01/2024 11:35
1


Tuyambaze Liliane [DJ Crush] w’imyaka 22 winjiye mu mwuga wo kuvanga umuziki by’umwuga akiyongera ku barimo DJ Ira na DJ Sonia, kuva yasoza amashuri yisumbuye akomeje kugaragarizwa urukundo rwinshi n’abanyabirori kimwe n’abakunzi b’imyidagaduro muri rusange kubera impano ye.



Niba ukoresha imbuga nkoranyambaga muri izi ntangiriro z’umwaka wakomeje kubona amashusho n’amafoto ya DJ Crush acicikana ku mbuga nkoranyambaga abantu bagaragaza ko bishimiye ubuhanga bw’uyu mwari mu kuvanga umuziki.

Bamwe bavuga ko uruganda rw'aba DJ rwungutse impano iboneye, uyu mukobwa akaba yatangaje byinshi birimo uko yize amashuri yisumbuye,ku bigo byose yanyuzemo ari we uvanga umuziki mu by’imyidagaduro, inama n’ibindi bintu bihuza abantu benshi mu mashuri.

Agaruka kandi ku buryo yaje kubigira umwuga akimara gusoza amashuri ye mu kiganiro cyihariye yagiranye na InyaRwanda.com  yatangiye agira ati”Kwinjira mu bu Dj rero ntabwo byaje gutyo kuko nakuze mbikunda.”

Uko yabikoze aho yize ati”Kuva mu wa Kabiri kugeza mu wa Gatandatu w’amashuri yisumbuye nagiye mba DJ ku ishuri nigagaho, rero nyuma naje kwisanga mbikunda cyane bijyanye n’urukundo abo nabikoreraga ku ishuri banyeretse n’ibyishimo babaga bafite byanteye umuhate.”

Uyu mukobwa kandi yaje gufata umwanzuro asoje amashuri yisumbuye afata amahugurwa kugira ngo abashe kwiyungura ubumenyi ku kintu yifuza ko cyazamutunga ubuzima bwe bwose.

Kugeza ubu uyu mukobwa avuga ko nubwo umwaka wa 2023 ari wo yinjiye mu buryo bw’umwuga mu kuvanga umuziki ariko hari ibyo amaze kubyungukiramo.

Mu magambo ye yagize ati”Navuga ko nungutse abantu muri rusange kuko umuziki uduhuza n’abantu ariko no mu bifatika amafaranga ari kugenda aza rwose.”

Kugeza ubu DJ Crush asanga umwuga wo kuvanga umuziki umaze gutera imbere ariko abantu abashoramari bafite gukomeza kugirira icyizere kiruseho abakobwa kuko babikora neza kimwe n’abasaza babo.

Ku birebana n’izina yahisemo gukoresha mu mwuga we yarisobanuye agira ati”DJ Crush rero rikomoka kuri bakuru banjye, akenshi inshuti zabo zakundaga kubabwira ko ndi Crush wabo, rero babonye nkunda ubu DJ bakajya bahamamagara DJ Crush nkumva ni ryiza.”

Ubusanzwe DJ Crush yitwa Tuyambaze Liliane, yavukiye mu Ntara y’Amajyepfo mu Karere ka Huye, avukana n’abana 7 akaba ari uwa 6, yize amashuri abanza muri Morning Star Primary School akomereza icyiciro rusange muri Ecole Secondaire de Gikondo asoreza muri College Sainte Bernard.Nubwo akiri muto ariko ibikorwa bye bikomeje kwishimirwa na benshi bakurikiranira hafi umwuga wo kuvanga umuziki barimo abasilimu bitabira ibiroriDJ Crush akomeje gutigisa imbuga nkoranyambaga nyuma y'uko akomeje kugenda agaragaza ubuhanga bwihariye mu mwuga weIzina ari gukoresha mu mwuga we rikomoka ku nshuti z'abakuru be banarihaye umugishaYatangiye kwiyumva kuzava DJ akiri muto naho yize hose akaba ari ibintu yagendaga akoraUmwaka wa 2024 arifuza gukora cyane ariko  agasaba a abashoramari gukomeza kugirira icyizere abakobwa b'abarizwa muri uyu mwuga kuko bashoboyeDJ Crush impano nshya yiyongereye mu zindi z'abari n'abategarugori barimo DJ Anita Pendo, DJ Ira na DJ Sonia bari mu bagezwehoAbantu bakomeje kumwereka ko bishimira ibyo akora nuko abikoramo babinyujije ku mbuga nkoranyambaga ze cyangwa bifashishije izabo basangiza abakurikira amafoto n'amashusho ye






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Dj Kevin 3 months ago
    Lili ndashaka kugu propose imba uri ready uza mampagare kuri number za Emmanuel





Inyarwanda BACKGROUND