Kigali

Prof. Alfred Bizoza, Olivier na Carine Karangwa mu bazaganiriza imiryango ku mikoreshereze myiza y’umutungo

Yanditswe na: Brenda MIZERO
Taliki:11/01/2024 17:01
0


Nyuma yo kuganira ku bibazo bitandukanye byugarije umuryango, ku nshuro ya kabiri hagiye kubaho umugoroba wahariwe imiryango, aho abazitabira bazaba baganirizwa ku micungire myiza y’umutungo w’urugo.



Umugoroba wahariwe imiryango wiswe ‘Kigali Family Night’ ugiye kongera kuba ku nshuro ya kabiri, imiryango izitabira ikaba izaganirizwa kuri kimwe mu bibazo bitatu bitera amakimbirane mu ngo, icyo kikaba ari imitungo.

Hubert Sugira watangije gahunda ihuza imiryango ya ‘Kigali Family Night’ yatangaje ko intego ya mbere bari bafite yo guhuriza abantu hamwe bakaganira ku bibazo byugarije imiryango yagezweho.

Akomoza ku musarura bakuye mu kiganiro cya mbere, Hubert yagize ati: “Ikiganiro cyararangiye, wenda mu bifatika ni uko umwe mu miryango yagaragaje ko ifite ikibazo cyo kuba baratandukanye, mu minsi ishize twavuganye bambwira ko ubu barimo gushaka inzu ngo bongere babane, ubwo wenda navuga ko uwo ari umusaruro wihuse ariko ubundi ntabwo ibibazo byo mu rugo bihita bikemuka mu kwezi kumwe rero ubundi twiteze kuzagira umusaruro mwinshi urenze uwo.”

Ubushize, mu baganirije imiryango ndetse n’abandi babashije kwitabira harimo Dr. Muyombo Thomas, Pst. Hortence Mazimpaka uyobora itorero rya Believers Worship Center akaba n’umushoramari ndetse n’umuryango w’icyitegererezo wa Ngarambe.

Kuri ubu mu batumirwa bazaganiriza abazitabira uyu mugoroba uzaba ku Cyumweru tariki 28 Mutarama 2024 harimo, Prof. Alfred Bizoza inzobere mu by’ubukungu kandi akaba asanzwe avuga ku byerekeranye n’umuryango, Couple ya Olivier ndetse na Carine Karangwa, izatanga ubuhamya bw’uko bo bakoresha umutungo w’urugo rwabo, ‘kugirango ibiganiro byacu bibe atari ukuvuga amagambo gusa ariko ari no kuvuga ibintu koko bibera mu rugo.’

Kuri uwo mugoroba hazabaho umwanya munini wo kuganira, abitabiriye bahabwe umwanya uhagije wo kuvuga ibibari ku mutima, akarusho kandi hagiye gushyirwaho uburyo bwo kubaza ibibazo buzorohereza abantu kubaza ibibazo ariko ntihamenyekane ko aribo babibajije.

Hubert yagize ati: “Imitungo iteza ibibazo byinshi mu miryango cyane rwose, ariko ubundi ntabwo ariko byari bikwiye. Imwe mu mpamvu rero, iterwa no kugira ubumenyi buke no kuba ibintu by’umutungo abantu babifata nka kirazira, ntibabiganire neza.”

Yasobanuye kandi ko umusaruro wa mbere biteze muri iyi gahunda igiye kugaruka ku nshuro ya kabiri, ari uko abantu bazitabira bakaganira ku muryango, ibindi bikagenda bigerwaho nyuma.

Ku kibazo kijyanye n'uko ubushize abantu batunguranye bakitabira ari benshi bakaruta ubushobozi bw’icyumba cyari cyateguwe, Hubert yavuze ko abantu baziyandikisha hanyuma umubare uhuye n’abantu icyumba cyateganijwe gishobora kwandika bagahagarikira aho.

Mu rwego rwo gukumira iki kibazo hakiri kare kandi, bafatanije ibyumba bibiri kugira ngo hongerwe umubare w’abagomba kwitabira.

Kwinjira muri iyi gahunda cyangwa se uyu mugoroba wiswe “Kigali Family Night” uzabera kuri Park Inn Hotel mu Mujyi wa Kigali, ni ukwishyura ibihumbi 25Frw ku muntu umwe.

Watangira kwiyandikisha unyuze ku rubuga rwa www.kigalifamily.com  ari naho unyura uguze amatike.


Umugoroba wahariwe imiryango wagarutse

Hubert Sugira watangije gahunda ya 'Kigali Family Night'

Prof. Alfred Bizoza, inararibonye mu by'imitungo n'ibijyanye n'imiryango

Umuryango wa Karangwa uzaganiriza imiryango uko bo bakoresha umutungo w'urugo rwabo

Uyu mugoroba ugiye kuba ku nshuro ya kabiri

 





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND