Umunya-Ethiopia, Michael Tesfay wamaze gutangirana urugendo ruganisha ku kubana na Miss Nishimwe Naomie yamuzirikanye ku munsi yizihirizaho isabukuru.
Ku wa 01 Mutarama 2024 ni bwo
Michael na Miss Naomie batangaje ko bamaze gutera indi ntambwe.
Maze uyu musore agaragaza ko
ategereje kwibanira ubuzima asigaje ku Isi n’uyu mwari kandi ko yamaze
kumwambika impeta y’integuza.
Kuri ubu akaba yafashe umwanya
amwifuriza ibyiza ati”Isabukuru nziza mukunzi wanjye mwiza.”
Urukundo rwa Miss Nishimwe na Michael
Tesfay rwamenyekanye muri Mata 2022.
Kuva ubwo aba bombi batangiye kugenda
bafatanya mu mishinga itandukanye kandi bagasohokana mu bihugu binyuranye.
Inkuru yo guhura kwabo ikaba
yaratangiranye no kuba Michael Tesfay yarasuye u Rwanda mu 2021.
Icyo gihe abo yari yasuye
bakamushimira ni abakobwa bo muri Mackenzie itsinda ry’abavandimwe ba Nishimwe
Naomie.
Bikaza kurangira ashimye kandi
agashimwa na Miss Nishimwe Naomie kuri ubu bitegura kurushinga.Imyaka igiye kuba ibiri Miss Naomie na Michael Tesfay biyemeje gukundana byeruye
Buri umwe yashimye undi nk'uko babitangaje mu kiganiro banyujije kuri YouTube ya Miss Naomie
Michael Tesfay aheruka kwambika impeta Miss Nishimwe Naomie ibintu byishimiwe n'ababakunda ku kigero cyo hejuru
Michael Tesfay yazirikanye Miss Naomie wizihiza isabukuru y'imyaka 25 kuko yabonye izuba ku wa 05 Mutarama 1999
TANGA IGITECYEREZO