Kigali

Miss Nimwiza, Mutesi na Kayibanda mu bifurije ibyiza Naomie na Michael bitegura kurushinga

Yanditswe na: Abitije Seraphin Elise
Taliki:2/01/2024 12:02
0


Miss Rwanda 2020 Nishimwe Naomie nyuma y’imyaka ijya kugera kuri 2 bimenyekanye ko ari mu rukundo na Michael Tesfay, aba bombi bamaze gutera intambwe iganisha ku kubana akaramata, ibintu byashimishije benshi bakabarata amashimwe.



Nyuma y’amasaha macye Miss Nishimwe yerekanye ko yishimiye kongera kwinjirana mu wundi mwaka n’umukunzi we Michael Tesfay yifashishije amashusho yabo akongeraho ati”Natangiranye umwaka n’urukundo rw’ubuzima bwanjye.”

Aba bombi bahise basangiza indi nkuru iremeye kurushaho abakunzi ab’abakurikira batari bacye yuko bamaze kwemeranya ko bazabana mu bihe bisigaye by’ubuzima bwabo.

Mu butumwa buherekejwe n’amafoto agaragaza Michael yambika impeta y’integuza Nishimwe Naomie, uyu musore w’umunya-Ethiopia yagize ati”Negereje kumarana ubuzima nsigaje na we kandi icyubahiro kibe ik’Imana yaduhuje. Turitegura kubana.”  

Ibi byateye ibyishimo bikomeye ibihumbi bibakurikirana bombi harimo n’aba Nyampinga batandukanye nka Miss Rwanda 2022 Muheto Divine, Miss Rwanda 2019 Nimwiza Meghan, Miss Rwanda 2016 Mutesi Jolly na Miss Rwanda 2012 Aurore Kayibanda bose bagaragaje ko batewe ishema n’intambwe kandi bamurase amashimwe.Ba Nyampinga b'u Rwanda mu myaka itandukanye barase amashimwe Nishimwe Naomie na Michael Tesfay

Nishimwe akaba abaye umukobwa wa Gatatu ugiye kurushinga muri Mackenzie itsinda rigizwe n’abavandimwe be banafatanije gutangiza inzu y’imideli iri muzihagazeho ya Zoi yambika abantu batandukanye biganjemo abakomeye.

Umwe muri abo Uwineza Kelly [Kelly Madla] uheruka gusezerana na Lt David Nsengiyumva mu bukwe bwitabiwe na Perezida Kagame yahaye ikaze mugenzi we Nishimwe urimo agana mu nzira yo kuba umutegarugori ati”Urakaza neza mu muryango.”Amafoto y'urwibutso ya Kelly Madla na Lt David ubwo bakoraga ubukwe bw'amateka icyo gihe David yarakiri Second Lieutenant

Undi uheruka kurushinga muri Mackenzie ni Pamella Loana Uwase wasezeranye na Martin Carlos Mwizerwa bari bamaze igihe kitari gito bakundana wanabayeho Umujyanama wa Miss Nishimwe Naomie mu bihe yari yambaye ikamba muri 2020.

Pamella na we yifurije ibyiza Miss Nishimwe agira ati”Mbarase amashimwe mbega uburyo bwiza bwo gutangira umwaka newe ibyishimo namwe.” Muri aba bakobwa hakaba hasigaye Kathia Kamatali na Brenda usigaye yaraninjiye mu itangazamakuru aho ari umwe mu bakorera Radiyo ya Power.Pamella na Carlos nabo basoje umwaka wa 2022 beretse inshuti, imiryango n'abakunzi babo ku mbuga zitandukanye ibirori by'ubukwe bwabo

Ni benshi bakomeje kugaragaza ko batewe ibyishimo n’amakuru meza y’umwaka wa 2024 mu myidagaduro nyarwanda barimo na Jeanine Noach nyirasenge wa Nishimwe Naomie wamamaye cyane ubwo yari mu rukundo na Cyuza Ibrahim.

Miss Nishimwe Naomie yashimiye buri umwe wamwohereje ubutumwa ati”Ndabashimiye mwese ndagerageza ibishoboka byose gusubiza benshi bashoboka.”Nishimwe Naomie na Jeanine Noach wamurase amashimwe amwifuriza guhirwa mu myiteguro y'ubukwe bweUhereye iburyo abagize Mackenzie, Kathia, Miss Nishimwe, Pamella Uwase, Uwineza Kelly na Brenda

Incamake y’ubuzima bw’aba bombi [Nishimwe Naomie na Michael Tesfay]

Nishimwe Naomie w’imyaka 22, yavutse kuwa 05 Mutarama 1999 mu mujyi wa Kigali. Nyina yitwa Fanny Uwimbabazi, amazina ya se ntabwo agaragara ku mbuga zinyuranye ariko aramufite.

Yasoje amashuri yisumbuye mu ishami ry’imibare, ubukungu n’ubumenyi bw’isi (MEG), kuri ubu ni umushabitsi wabigize umwuga aho afite ikompanyi aho ari mubayishinze; ikaba ikora ikanacuruza imyenda ya ‘Mackenzie’.

Ubwo yigaga mu mashuri yisumbuye nibwo yinjiye mu marushanwa y’ubwiza, bwa mbere yitabira irya Nyampinga w’amashuri yisumbuye, anarigiriramo umugisha yegukana amakamba abiri arimo irya “Nyampinga uberwa n’amafoto” ‘Miss Photogenic’ na “Nyampinga w’igikundiro” ‘Miss Popularity’.

Umushinga w’uyu mukobwa yinjiranye mu irushanwa yanakozeho, n’ubwo icyorezo cya COVID-19 cyagiye kimukoma mu nkokora, wari uwo guhangana n’ibibazo by’ihungabana ry’ubwoko bwose.

Michael Tesfay ni umusore ukomoka muri Ethiopia wize Kaminuza mu Bwongereza aho yakuye impamyabumenyi y’icyiciro cya Gatatu cya Kaminuza afite imishinga itandukanye y’ubushabitsi bushingiye ku ikoranabuhanga n’ubuzima.Miss Nishimwe Naomie yambitswe impeta y'integuza na Michael Tesfay bamaze igihe mu rukundo

Guhura kwaba bombi bisa nka filimi uyu musore muri 2021 ubwo yazaga gusura umuryango umwe mu Rwanda yabajijwe na bo yari yasuye niba yifuza kuba yazakura umugeni mu rw’imisozi igihumbi.

Birangira abakobwa bari bahari batangiye kumwereka abanyarwandakazi babona bari mu rugero rwe bagera no kuri Mackenzie mu nyuma yaje guhura na Kathia wo muri Mackenzie baraganira amusaba nimero za Miss Naomie.

Kathia ageza mu rugo abwira Naomie ko yamuboneye umugabo iminsi yaje kuba myinshi uyu musore atarahamagara birangira Nyampinga yifuje kumenya uwo musore akimukubita amaso ku ifoto.

Ahita asaba murumuna we Kathia kumumuhamagarira akamubaza niba yarahamagaye Miss Naomie undi yaramwibukije, Michael ahamagara Miss Naomie bazaguhurira ku iduka rya Mackenzie riherereye mu Kiyovu.

Nuko urukundo rwabo rugenda ruzamuka kugera ubwo muri Mata byamenyekanaga ko aba bombi bari mu rukundo.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND