RFL
Kigali

Flying Eagles yegukanye irushanwa rya Zanshin Karate ryakinwaga ku nshuro ya mbere - AMAFOTO

Yanditswe na: ISHIMWE Olivier Ba
Taliki:24/12/2023 18:35
1


Ikipe ya Flying Eagles y'i Kigali, niyo yahize abandi mu irushanwa rya Zanshin Karate Championship, rya kinwaga ku nshuro ya mbere, rikaba ryaberaga mu Karere ka Huye.



Iri rushanwa ryahuzaga abana bakina karate mu Rwanda, ryatangiye tariki 23 Ukuboza, rikaba ryashojwe kuri iki Cyumweru tariki 24 Ukuboza. Amakipe agera kuri 27 niyo yitabiriye iri rushanwa, aho abana bagera kuri 250 aribo biyerekanye. Ni irushanwa ryitabiriwe n'abana bari hagati y'imyaka 7 na 14 mu bahungu n'abakobwa.

Ikipe ya Flying Eagles yegukanye imidari 7 ya zahabu, umudari umwe wa Silver ndetse n'imidari 3 ya Bronze, ihita igira imidari 11. Ikipe ya Les Petits Samurai Karate Do na The Champions Sports Academy zanganyije imidari 8, kuko bagize imidari 2 ya zahabu, imidari 2 ya Silver n'imidari 4 ya Bronze.

Mr Dieudonne wategute iri rushanwa, yatangaje ko banyuzwe n'uburyo irushanwa ryagenze. Yagize Ati"Irushanwa ryagenze neza cyane, bigendanye n'uko twabikekaga dutangira kuritegura. Abana batwiyeretse neza, amakipe yitabiriye ari menshi, ndetse n'abakinnyi bari benshi. Hano mu Rwanda twagiraga ikibazo cy'abakobwa bake bakina uyu mukino, ariko twashimishijwe n'uburyo iri rushanwa ritweretse abana benshi b'abakobwa kandi mu byiciro byose. Turasaba ababyeyi gushyigikira abana, ndetse no gushyigikira ibi bikorwa, kugira ngo dutegure amarushanwa menshi abana baboneramo umwanya wo gukina.

Iri rushanwa ryari ribaye ku nshuro ya mbere, ryateguwe hagamijwe kuzamura umukino wa Karate no kurushaho guhuriza hamwe abana mu gihe bari mu biruhuko banitabira siporo. 


Abana b'ingeri zitandukanye bari babukereye, aho bahatanye mu bakina bahanganye ndetse n'abiyerekana 

Hari aho bigera umutoza akongera akibutsa abana amayeri y'umukino 


Ababyeyi bari baje gushyigikira abana ndetse birebera ubuhanga bw'uyu mukino  









TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Tintin8 months ago
    Aya marushanwa yagenze neza pe.turayifuriza gukomeza akaba ngarukamwaka,kuko ni uburyo bwo guteza imbere karate bihereye mubato bagifite ahazaza harehare.Diedonne Mwizerwa nabo mwafatanije iki gikorwa turabashimira cyane.





Inyarwanda BACKGROUND