RFL
Kigali

Ibintu 5 by'ingenzi byihariye imyidagaduro nyarwanda mu 2023

Yanditswe na: Brenda MIZERO
Taliki:6/12/2023 8:42
0


Uwavuga ibyaranze imyidagaduro nyarwanda muri uyu mwaka ntiyabirangiza. Ariko buri kintu cyose mu myidagaduro kigira ibikorwa bikomeye byagarutsweho cyane kurusha ibindi.



Umwaka wa 2023 ubura iminsi 25 gusa ngo ugere ku musozo, wabaye udasanzwe mu bisata byose bigize imyidagaduro, abahanzi baca uduhigo ku rwego mpuzamahanga, sinema nyarwanda iraguka, urwenya ruzamura urwego, abanyarwanda bahindura imyumvire.

Byumwihariko, muri uyu mwaka, u Rwanda rwakiriye ibyamamare bikomeye ku Isi, habera ibitaramo byitabiriwe n’amahanga, abanyarwanda baserukira u Rwanda hanze yarwo ndetse bamwe banegukana ibihembo byabonaga umugabo bigasiba undi.

Nubwo hari ibintu byinshi byagarutsweho cyane muri uyu mwaka, InyaRwanda yaguhitiyemo iby’ingenzi cyane bidateze kwibagirana mu mitwe y’abanyarwanda ndetse n’abanyamahanga bashoboye kubikurikirana.

1.     Ibitaramo mpuzamahanga byabereye i Kigali

Ku bakunzi b’ibitaramo n’ibirori muri rusange, uyu mwaka wababereye uw’amateka kuko ntibigeze babona akanya n’ako guhumeka. Mu Rwanda habereye ibitaramo mpuzamahanga bikomeye byitabiriwe n’ibyamamare binyuranye.


Muri ibi bitaramo twavuga nka Trace Awards 2023 yabereye mu BK Arena ku ya 21 Ukwakira, Giants of Africa Festival yamaze icyumweru cyose ibera muri BK Arena kuva tariki 13-19 Kanama 2023, Move Africa yatumiwemo Kendick Lamar iri kubica bigacika i Kigali n’ibindi byinshi.


Ibi bitaramo byahaye ibyishimo abanyarwanda, ibitangazamakuru bibyandikaho inkuru zitabarika, imbuga nkoranyambaga zirashyuha, ubukerarugendo burushaho kwinjiza.

2.     Ubukwe bw’ibyamamare nyarwanda

Kimwe mu bintu binezeza mu buzima bwa muntu, ni ubukwe bikaba akarusho noneho iyo ari ubw’icyamamare.

Muri uyu mwaka habaye ubukwe bwinshi bw’ibyamamare haba mu bwiza, sinema, muzika ndetse no mu zindi nzego

Mu bukwe butazibagirana harimo ubwa Nyampinga w’u Rwanda wa 2017, Miss Iradukunda na Ishimwe Dieudonne [Prince Kid] bwabaye nyuma y’ifungurwa ry’uyu mugabo wamaze igihe kinini afunzwe azira ibyaha yashinjwaga bishingiye ku ihohoterwa byavugwaga ko yakoreye abakobwa baciye mu irushanwa rya Miss Rwanda yari ahagarariye.


Ubundi bukwe butegerejwe mu mpera z’uyu mwaka, ni ubwa Miss Uwicyeza Pamela na Mugisha Benjamin [The Ben] nabwo buri mu bwavuzwe cyane muri uyu mwaka bitewe n’uburyo budasanzwe aba bombi bahisemo kubuteguramo, ibihe bidasanzwe n’amagambo yuje urukundo yagiye abaranga.


Hari kandi ubukwe bwa Bishop Gafaranga na Annette Murava bwateje impagarara mu itangazamakuru no ku mbuga nkoranyambaga.

Muri Werurwe 2023 nabwo habaye ubukwe bwa Uwineza Kelly wo mu Itsinda Mackenzies wasezeranye imbere y’amategeko ndetse n’imbere y’Imana n’umukunzi we Nsengiyumva David uri mu basirikare bafite ipeti rya Lieutenant mu Ngabo z’u Rwanda unakinira APR BBC.


Ubundi bukwe bwarikoroje, ni ubwa Bahati wamenyekanye mu itsinda rya Just Family warushinze na Unyuzimfura Cécile, wari usanzwe utuye hanze y’u Rwanda nyuma y’iminsi bakundana. Aba bombi basezeranye imbere y’Imana tariki 5 Kanama 2023 mu rusengero rwa Noble Family Church rwa Apôtre Munezero Alice Mignonne, maze buravugwa biratinda bamwe bashinja Bahati gukurikira Visa.


3.  Abahanzi nyarwanda baserukiye u Rwanda mu mahanga

Muri uyu mwaka, abahanzi benshi bashoboye kurenga umupaka w’u Rwanda bagurira ibikorwa byabo no mu mahanga binyuze mu bitaramo bagiye bahakorera, kuzenguruka imigabane ndetse n’ibindi bikorwa binyuranye bagiye bakorera hanze y’igihugu.


Mu bahanzi nyarwanda bahagarariye neza urwababyaye harimo Bruce Melody umaze iminsi muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, aho yahuriye ndetse agataramana n’umunyabigwi Shaggy wubashywe ku rwego rw’Isi ndetse banakoranye indirimbo ‘When She is Around’ ikomeje kuzenguruka umubumbe.


Abandi harimo Kenny Sol ukubutse muri Canada, Bushali wanditse amateka muri Uganda binyuze mu iserukamuco rya Nyege Nyege aherutse kuhakorera, Bwiza, Ariel Wayz, Massamba tutibagiwe igitaramo cy'amateka The Ben yakoreye mu Burundi  n’abandi benshi bagize uruhare rukomeye mu kumenyekanisha umuziki nyarwanda ku rwego mpuzamahanga.


4.     Imanza z’ibyamamare

Imanza z’ibyamamare nyarwanda zaravuzwe, zirandikwa biratinda. Mu bibanzweho cyane, harimo urubanza rw’umubyinnyi Tity Brown wafunzwe ashinjwa gusambanya umwana utujuje imyaka y’ubukure nyuma akaza kugirwa umwere, urwa Prince Kid wanaje gukatirwa  imyaka Itanu mu bujurire bw'Ubushinjacyaha  ariko  bikaba bivugwa ko  yacitse ubutabera atari mu Rwanda. 


Urundi rubanza n’ubu rukivugwa cyane ku mbuga nkoranyambaga, ni urw’umunyamakuru wari umenyerewe mu biganiro yatambutsaga kuri Youtube, Jean Paul Nkundineza warezwe na Nyampinga w’u Rwanda wa 2016, Mutesi Jolly. Mu byo Jean Paul aregwa harimo gutukana mu ruhame, guhohotera uwatanze amakuru ku byaha, gukoresha ibikangisho n’icyaha cyo gutangaza amakuru y’ibihuha.


Umuhanzi Jowest umenyerewe mu ndirimbo z’imitoma nka ‘Pizza’ n’izindi yatawe muri yombi ku ya 01 Gashyantare 2023 akurikiranweho gukoresha undi imibonano mpuzabitsina ku gahato. Yaje kurekuwa tariki 21 Gashyantare 2023 nyuma y’uko urukiko rubonye ko nta mpamvu zifatika zatuma akomeza kuburana afunzwe.


5. Ibihangano nyarwanda byihariye imbuga nkoranyambaga muri uyu mwaka

Igihangano aho kiva kikagera, kimenyekana cyane bitewe n’imbaraga nyiracyo yashyize mu kucyamamaza. Abanyarwanda, nabo bamaze kwiyungura ubumenyi mu bijyanye no kwamamaza ibikorwa byabo ndetse bagaragaje ko bavumbuye ibanga riri mu kwifashisha imbuga nkoranyambaga.


Mu ndirimbo zacicikanye ku mbuga nkoranyambaga harimo Bana ya Chriss Eazy yahuriyemo na Shaffy, Confirm ya Danny na None, Munda ya Kevin Kade, When She is Around ya Bruce Melodie afatanije na Shaffy, Oya Shn ya Butera Knowless, Njyenyine ya Yverry na Butera Knowless, One Time ya Shemi, Nuyu ya Malani Manzi, Fou De Toi ya Element EleéeH, Bruce Melodie na  Ross Kana, Mama Loda ya Calvin Mbanda na Kenny Sol, n’izindi nyinshi.


Hari n’ibisigo byakunzwe cyane ku mbuga nkoranyambaga nka ‘Rudahinyuka’ cya Junior Rumaga na Bahali Ruth, Narakubabariye Rumaga yakoranye na Bruce Melodie, Ndatsinzwe cya Dinah Poetess n’ibindi.

Hari kandi filime zakunzwe zirimo ‘Umuturanyi Series,’ ‘Bamenya Series,’My Heart ya Killer Man , Impanga Series, Papa Sava, Maya Series na Comedy zitandukanye.

  





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND