Abasirikare barimo uwuyobora abasirikare barinda Perezida wa Guinea Bissau, batawe muri yombi nyuma yo gushaka guhirika ubutegetsi bwa perezida wari witabiriye inama muri Leta Zunze Ubumwe z'Abarabu, UAE.
Abasirikare barimo uwukuriye Ingabo zishinzwe Umutekano wa Perezida wa Guinea Bissau Col. Victor Tchongo. Batawe muri yombi nyuma y'imirwano yahuje abasirikare bari bashyigikiye Perezida ndetse n'uruhande rw'abashakaga guhirika ubutegetsi bwe.
Imirwano yabaye kuwa Kane tariki ya 30 Ukuboza yahitanye abantu babiri ikaba yarabaye Perezida wa Guinea Bissau, Umaro Sissoco Embalo ari mu ruzinduko muri Leta Zunze Ubumwe z'Abarabu mu nama ya COP28 yarimo kwiga ku mihindagurikire y'ibihe.
Nyuma y'imirwano yabaye kuwa Kane, Polisi yahise ita muri yombi minisitiri w'imari witwa Suleiman Seidi n'umunyamabanga we bashinjwa kunyereza umutungo wa Leta
Ivomo: Aljazeera
TANGA IGITECYEREZO