RFL
Kigali

Abakinnyi ba As Kigali bemeye kugaruka mu myitozo nyuma y'igisa na nyirantarengwa

Yanditswe na: ISHIMWE Olivier Ba
Taliki:30/11/2023 13:41
0


Bamwe mu bakinnyi ba As Kigali bemeye gusubukura imyitozo, nyuma y'uko bijejwe guhabwa ibirarane byabo.



Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki 30 Ugushyingo 2023, nibwo abakinnyi  bahagaritse imyitozo bavuga ko mu gihe natarahabwa ibirarane by'imishahara baberewemo batazigera bagaruka mu kibuga.

Ibi byatumye amasaha y'imyotozo yari ateganyijwe, ahindurwamo inama, kugira ngo hareberwe hamwe icyo gukora. Iyi nama yatangiye ku isaha ya saa 09:30 Am, ibera mu cyumba cya sitade ya Kigali Pele Stadium ahasanzwe habere ibiganiro n'itangazamakuru.

Inama yatangiye Casa Mbungo André wari umutoza wa As Kigali asezera ku bakinnyi, ndetse abifuriza amahirwe masa. Iyi nama yari iyobowe na Team Manager Bayingana, yahise atangaza Shabani wari umutoza wungirije wa As Kigali, aba ari umutoza w'agateganyo, uzatoza iyi kipe kugera imikino ibanza isojwe.

Team Manager Bayingana, yageze aho asaba abakinnyi ko bagaruka mu myitozo bagategura umukino bazakiramo ikipe ya Mukura Victory Sports. Yakomeje avuga ko bari kuvugana n'umujyi wa Kigali ku buryo bitarenze ku wa Gatatu  tariki 6 Ukuboza ,2023, bazaba babahaye amafaranga y'ibirarane byabo.

Abakinnyi bazasubukura imyitozo kuri uyu wa Gatanu, ariko amakuru ava muri bamwe mu bakinnyi ni uko hari abatazemera kugaruka mu myitozo batarabona amafaranga mu biganza. 

Bayingana Innocent niwe wari uyoboye iyi nama  


Abakinnyi ba As Kigali bemeye gusubukura imyitozo bategura umukino wa Mukura






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND