RFL
Kigali

Abakinnyi ba As Kigali banze gukora imyitozo

Yanditswe na: ISHIMWE Olivier Ba
Taliki:30/11/2023 11:49
0


Abakinnyi b'ikipe ya As Kigali banze gukora imyitozo mu gihe batarahabwa amafaranga y'ibirarane bafitiwe.



Kuri uyu wa kane kuva ku isaha ya saa 08:00 am, kuri Kigali Pele Stadium hari hateganyijwe imyitozo y'ikipe ya As Kigali isanzwe ari naho yakirira imikino yayo. Amasaha y'imyotozo yageze ariko ku kibuga nta n'inyoni yahatambaga, kugera ubwo Police FC nayo ihageze nk'ikipe yagombaga gukurikiraho mu gukora imyitozo.

Abakinnyi ba As Kigali banze gukora imyitozo bavuga ko batazigera bakora imyitozo cyangwa ngo bakine umukino n'umwe, mu gihe batarahabwa ibirarane by'amafaranga yabo baberewemo. Abakinnyi ba As Kigali barataka amafaranga y'amezi abiri babewemo, bivuzeko kuva shampiyona yatangira aba bakinnyi nta mezi abiri barahembwa.

As Kigali irimo uruhuri rw'ibibazo, dore ko n'uwari umutoza wa Casa Mbungo André yaraye asezeye kuri iyi mirimo nabyo biturutse ku mikoro. Abakinnyi bahise batumizwaho bajya mu nama yabereye muri sitade ahasanzwe habera ibiganiro n'itangazamakuru.

Ubwo twakoraga iyi nkuru inama yari itararangira, gusa aho irangirira turabamenyesha imyanzuro yavuyemo. 

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane, abakinnyi ba As Kigali banze gukora imyitozo





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND