RFL
Kigali

Abayobozi bishimiye intambwe Bruce Melodie akomeje guteza umuziki nyarwanda

Yanditswe na: Brenda MIZERO
Taliki:29/11/2023 17:26
0


Nyuma y’uko Bruce Melodie azamuye ibendera ry’u Rwanda muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika aho yataramanye n’umunyabigwi Shaggy banakoranye indirimbo, abayobozi batandukanye bashimye cyane uruhare rw’uyu muhanzi mu guteza intambwe ikomeye umuziki nyarwanda.



Guhera ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri tariki 28 Ugushyingo 2023, ku mbuga nkoranyambaga hakomeje gucicikana amafoto y’umuhanzi w’icyamamare mu Rwanda, Bruce Melodie wakabije inzozi agataramana n’umugabo ufite ibigwi bidasanzwe mu muziki, Shaggy uheruka mu Rwanda mu myaka 15 ishize.

Icyakoze ku mitima ya benshi yiganjemo iy’abayobozi bo mu nzego zitandukanye n'ibindi byamamare, ni ukubona Bruce Melodie ajya guhurira na Shaggy ku rubyiniro maze agaserukana ibendera ry’u Rwanda benshi bafashe nk’itafari rikomeye yashyize ku iterambere ry’umuziki nyarwanda.

Umwe muri abo bayobozi batashoboye guhisha ibyiyumviro byabo, ni Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu cy'Itangazamakuru, RBA, Arthur Asiimwe wanyuze ku rubuga rwe rwa X ku butumwa bwa inyaRwanda.com, akandika ati: “Umuhungu wacu yazamuye idarapo.”

Undi ni umuyobozi mukuru mu bijyanye na Siporo wanabaye Perezida w'Ishyirahamwe ry'umukino w'amagare mu Rwanda kuva muri 2007 kugeza muri 2019, Bayingana Aimable wakuriye ingofero Bruce Melodie.

Ambasaderi w'u Rwanda mu Buholandi, Olivier Nduhungirehe, nawe yetewe ishema n'intambwe Bruce Melodie yateye. Yanditse kuri X ati "Umusore w'i Kanombe yazamuye ibendera ry'u Rwanda  Dallas, Texas muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika".

Mutesi Jolly wabaye Nyampinga w'u Rwanda muri 2016 nawe yishimiye cyane igikorwa Bruce Melodie yakoze.

Abinyujije kuri X yagize ati: "Ibyishimo ngira iyo mbona ibendera ry'u Rwanda hejuru, gukunda igihugu ntabwo ari ugushyigikira no kubahiriza gahunda za leta zatangijwe, harimo gukora umurimo ukawunoza neza, ndetse no guhagararira igihugu neza. 

Bruce Melodie, uri umuhungu w'u Rwanda kandi byose uri kubikora neza. Turagushyigikiye cyane. Komeza uzamure ibendera ry'u Rwanda kure hashoboka."

Abanyarwanda muri rusange bagaragaje ko bishimiye cyane iki gikorwa k’intashikirwa Bruce Melodie yakoreye i Texas ubwo yasanganiraga Shaggy ku rubyiniro bakaririmbana indirimbo bakoranye imaze iminsi ica ibintu hirya no hino ku isi, ‘When She is Around.’

Aba bahanzi bombi bataramiye abasaga ibihumbi 14 mu gitaramo cyabereye mu Mujyi wa Texas cyafunguye ibindi bitandukanye, bizaba mu rwego rwo gufasha abatuye muri Amerika no ku yindi migabane gusoza umwaka wa 2023 bari mu byishimo ari nako batangira umwaka wa 2024.


Bruce Melodie yakabije inzozi maze aratwa amashimwe n'abanyarwanda


Miss Mutesi Jolly Bruce Melodie kugeza ibendera ry'u Rwanda kure hashoboka


Arthur Asiimwe umuyobozi wa RBA yagaragaje ko yatewe ishema n'igikorwa cy'ubutwari Bruce Melodie yakoze


Ibyishimo ni byose kuri Bruce Melodie wataramiye muri Amerika ku nshuro ya mbere






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND