RURA
Kigali

Mama Sava, Madederi na Miss Nyambo bakebuye abakobwa banywa imiti ibarinda gusama

Yanditswe na: Muramira Racheal
Taliki:31/10/2023 12:01
0


Bamwe mu bakinnyi ba filime nyarwanda batanze impanuro ku rubyiruko ruri kwangirika kubera imyitwarire n'amahitamo mabi.



Kwiyongera kw’iterambere, bikomeje kongerera abarimo urubyiruko gukora ibidakwiriye, bagahitamo ibishobora kubangiriza ubuzima n’ahazaza habo bagatakaza ubusugire bw’Igihugu.

Abarimo Mama Sava ukina muri Papa Sava, umukinnyi wa filime uzwi nka Miss Nyambo muri filime ya “The Message”, na Madederi wo muri Papa Sava, bavuze ku mpamvu zitera abana b’abakobwa kwangiza ubuzima bwabo binyuze mu kunywa imiti ibarinda gusama mbere yo kubyara no gushinga ingo.

Mu kiganiro na InyaRwanda, Mama Sava yagarutse ku mpamvu zitera abana b’abakobwa kuboneza urubyaro mbere yo gushinga urugo, nka kimwe mu bikomeje kubangiza bikabatera ingaruka zirimo kubura urubyaro igihe bakeneye kwibaruka.

Munyana Analyssa Nido wamenyekanye nka Mama Sava muri Seburikoko yavuze ko urubyiruko rw’iyi minsi rufite inyota y’amafaranga kuruta kuyashaka.

Abana bari kuboneza urubyaro cyane bitewe nuko batifuza gutakaza agaciro kabo babyara imburagihe, ariko bakishora mu busambanyi kuko byafashwe nk’ubusirimu

Yagize ati “Urubyiruko rw’iyi minsi rufite inyota y’amafaranga ariko ntabwo bafite inzozi zo gukora bashaka amafaranga n’imibereho”.

Yabasabye gukunda gukora bakareka kwishingikiriza ku bandi nka kimwe cyatumye agera ku nzozi ze, agahinduka umugore ukundwa unakurikirwa n'abatari bacye.


Mama Sava yatangarije abakunzi be ko afite byinshi azabagezaho birimo n'ibiganiro bibubaka


Mama Sava umwe mu bagore birwanyeho muri Kigali bakibeshaho 

Miss Nyambo nawe ukiri mu myaka y’urubyiruko yabwiye abana b’abakobwa ko kuboneza urubyaro bikwiye gukorwa n’ababyeyi bamaze kubyara bakeneye kumenya umubare w’abana batarenza bitewe n’ubushobozi.

Yakomoje ku ngaruka zigera ku bakobwa batangira gufata imiti ibabuza kubyara bitewe nuko bashaka kwishora mu busambanyi, zirimo kubura urubyaro cyangwa kurwara indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina.

Yagize ati “Sintekereza ukuntu umukobwa utarabyara aboneza urubyaro kandi atarabyara!”. Yavuze ko ushobora kuboneza urubyaro bikaguhira ntuhure n’ingaruka nyuma, ariko indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina nka SIDA zikaba zaguhangara.

Miss Nyambo yasabye abana b’abakobwa kuzirikana icyubahiro cy’umuryango n’Igihugu, bigatuma bahitamo neza birinda ingaruka zakwangiza ahazaza bakita ku bifite akamaro birimo n’ubuzima bwabo.


Umwari Nyambo umwe mu bakunzwe muri filime nyarwanda yabujije abakobwa kwangiza icyizere cy'umuryango n'Igihugu


Yibukije urubyiruko ko kuboneza urubyaro bikoreshwa n'ababyaye ahubwo ko bakwiye kwirinda izo ngeso

Dusenge Clenia wamenyekanye nka Madederi muri filime ya Papa Sava ni umwe mu batanze inama zafasha aba bakobwa bari kwishora mu mahitamo mabi.

Abana benshi bafata iyi myanzuro baba barabaye aka wa mugani ngo “yapfuye mu iterura”. Kudahabwa uburere mu bwana no kudakurikiranwa cyangwa kwadukana ingeso kwabo bamaze gukura, ni bimwe mu bituma abana b’abakobwa bakurana amahitamo mabi nk'uko Madederi akomeza kubitangaza.

Mu kiganiro na Madederi umukinnyi wa filime nyarwanda, yakomoje ku mpamvu zikunze gutera aba bana b’abakobwa guhitamo uyu mwanzuro wo kuboneza urubyaro bakiri bato.

Yagize ati “Bikunze guterwa n’ubuzima abayemo butamunyuze akaba yifuza kubaho ubuzima burenze ubushobozi bwe cyangwa bw’Ababyeyi be, gushaka kubaho ubuzima butari ubwe bigatuma yishora mu busambanyi kugira ngo abone cya cyindi ashaka ari na cyo kizamukururira kuboneza urubyaro”.


Madederi akina muri filime zitandukanye nka Papa Sava, The Bishop’s Family, Indoto, Ejo si kera n’izindi

Nubwo imiti ifatwa irinda aba bana b’abakobwa gusama inda zitateganijwe, ku rundi ruhande ituma birara mu gukora imibonano mpuzabitsina bagahura n’izindi ngaruka, nko kwandura indwara zandura binyuze muri ubwo buryo bagatakaza icyizere cy’ahazaza habo.


Madederi wamenyekanye muri filime ya Papa Sava ayobora sosiyete y'ubwubatsi yashinze yitwa Clen Solution Group

Mama Sava, Madederi na Miss Nyambo nka bamwe batanga ubutumwa butandukanye binyuze mu gukina filime n'ibindi, batanze inama zafasha urubyiruko kwiteza imbere no gukomera igihe bafata umwanzuro.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND