RURA
Kigali

Inkomoko ya filime 'Kwivuko Series' irimo Kanyombya, Dogiteri Nsabi, Mama Sava n'abandi-VIDEO

Yanditswe na: Muramira Racheal
Taliki:31/08/2023 10:46
0


Iradukunda Gad yasobanuye byinshi kuri filime yise “Kwivuko Series”i garuka ku buzima abatuye mu cyaro banyuramo, ndetse asobanura ku bakinnyi bakinamo bamamaye mu mafilime akunzwe mu Rwanda.



“Kwivuko Series” ni filime yanditswe ikanayoborwa na Iradukunda Gad, agahitamo gufatanya na bamwe bazwi muri Sinema nyarwanda nka kanyombya wakunzwe guhera mu myaka yakera, Dogiteri Nsabi uri gucicikana ku mbuga nkoranyambaga kubera urwenya rwe, Mama Sava n’abandi.

Iyi filime ivuga ku buzima bw’icyaro benshi bakuriramo bugoye.Benshi bakuze mu buryo bugoranye, biga nabi bitewe no kuvukira mu buzima bukennye ariko baza kuba abantu bafatika.

Bamwe bajyaga kwiga bataha bakajya guhinga, abandi bakajya kuragira amatungo, abandi bagacikisha amashuri kubera amikoro nyamara bitewe no kwihangana bakazahindura ubuzima bagakira.

Mu kiganiro na Inyarwanda,Gad yatangaje ko yatangiye bimugoye ndetse adafite icyizere cyo gukomeza gukora,kuko yabonaga ibyo ashaka gukina byose barabikinnye,nyuma aza gutekereza gukina ku buzima bw’icyaro no gutanga inyigisho kuri rubanda.

Umuyobozi wa Filime “Kwivuko Series”, Iradukunda Gad yagize ati “Nabonaga nta cyizere cyo gukora kuko nabonaga ibyinshi barabikinnye kandi barafatishije, nyuma nza kwibuka ko natanga inyigisho igaruka ku buzima bw’icyaro benshi baba baraciyemo bamwe bakanabwiyibagiza bageze mu mijyi”.

Uyu musore, yatangaje ko iyi filime yagarutse no ku buzima bubi bw’abana bo mu cyaro bahura nabwo igihe biga,yaba ubukene, kutitabwaho, kunanirana kubera ibigare n’ibindi.

Avuga ko afite byinshi ahishiye abanyarwanda kandi ko filime ye “Kwivuko Series” igira uruhare mu guhindura sosiyete nyarwanda yaba mu myitwarire, uburere ndetse no kubashimisha binyuze mu bahanga b’abanyarwenya bakinamo.

Inama ya Gad ku bakunzi b’ibihangano bye,ivuga ko bakwiye kutarambirwa bagaharanira icyo bashaka nk'uko nawe amaze kugera kuri byinshi mu buhanzi bwe binyuze mu gukora cyane no kwigirira icyizere.

Yashimiye cyane abafatanyabikorwa be barimo abakinnyi,abamuha ibitekerezo, abagira uruhare rwo kuzamura no kwamamaza filime ye ndetse n’abafana bamwereka urukundo umunsi ku munsi.

 

Igaruka ku buzima bw'icyaro bugoye benshi banyuzemo,ariko bikarangira batsinze

Abarimo Mama Sava, Dogiteri Nsabi, Kanyombya, Mitsustsu nabo bakinamo




Benshi banyuze mu buzima bukomeye ariko bahinduka ibyamamare mu bikorwa bitandukanye,nta kure umuntu atava

KANDA HANO UREBE IMWE MURI FILIME ZACIYE "KWIVUKO SERIES"







TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND