RFL
Kigali

Zozibini Tunzi wegukanye ikamba rya Miss Universe 2019 ari i Kigali

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:20/07/2023 13:30
0


Umukobwa witwa Zozibini Tunzi wo mu gihugu cya Afurika y’Epfo wegukanye ikamba rya Miss Universe 2019, ari mu bagore barenga ibihumbi bitandatu (6,000) bateraniye i Kigali mu Nama izwi nka Women Deliver 2023 (WD2023).



Uyu mukobwa w’imyaka 27 y’amavuko, kuri uyu wa Kane tariki 20 Nyakanga 2023 yatanze ikiganiro cyabaye hagati ya saa Tanu na Saa sita (11:00am - 12:30) gishamikiye kuri iyi Nama cyabereye muri Kigali Convention Center.

Ni ikiganiro yavuze ko cyanatambutse mu buryo bw’ikoranabuhanga binyuze ku rubuga rwa Instagram rw’umuryango yashinze ‘Zozibini Tunzi Foundation’.

Yatanze ikiganiro cyibanze ku gushyigikira ibikorwa by’abagore bakora ubuvugizi bujyanye n’uko umugabo n’umugore bakwiye kureshya (aba-feminists), mu rwego rwo gutiza imbaraga bagenzi babo mu mibereho ya buri munsi, yaba muri politiki, ubukungu n'izindi ngeri z'ubuzima.

Abateraniye muri iyi nama, bavuga ko uko bakomeje guharanira uburenganzira bw'abagore, muri iki gihe hakenewe ibikorwa byagutse by'abagore. Bavuga ko ikigega gishinzwe gushyigikira abagore (ODA), kitabasha gutera inkunga ibikorwa by'abagore ku kigero cya 99%.

Kuri uyu wa Gatatu tariki 19 Nyakanga 2023, uyu mukobwa yasuye Umuryango Smile Train Africa ukorana n’ibitaro ‘Inkuru Nziza Hospital’. Yavuze ko yishimira uburyo uyu muryango umaze kugira uruhare mu guhindura ubuzima bwa benshi, ni imbaraga bashyira mu gutanga ibisubizo bikenewe mu buzima bwa buri munsi.

Zozibini Tunzi ari mu bakobwa bakomoka ku mugabane wa Afurika banditse amateka akomeye yo kwegukana ikamba riri muri ane ya mbere y’ubwiza akomeye ku isi, Miss Universe.

Zozibini ukurikirwa n’abantu barenga miliyoni 2.8 kuri Instagram, asanzwe afite ikamba rya Nyampinga w'Afurika y’Epfo yegukanye mu 2019.

Yabonye izuba kuwa 18 Nzeri 1993. Ni umunyamidelikazi, akaba umunya- Afurika y'Epfo wa gatatu wegukanye ikamba rya Miss Universe, ni umwirabura wa gatatu wambitswe iri kamba.

Tunzi yavukiye mu gace ka Tsolo mu Burasirazuba bwa Cape kuri Philiswa Nodapu na Lungisa. 

Yakuriye mu cyaro cya Sidwadweni. Uyu mukobwa uvukana n’abakobwa batatu, yaje kwerekeza muri Cape Town agiye kwiga Kaminuza aho yakuye impamyabumenyi y’icyiciro cya mbere cya kaminuza mu 2018. 

Mu 2017 yakoraga nk’umunyamideli mu Mujyi wa Bufallo mu gace ku Burasirazuba bwa Cape.

Mbere gato yo kwegukana ikamba rya Miss South Africa, Tunzi yari yamaze kubona impamyabumenyi y’icyiciro cya kabiriri cya Kaminuza mu ishami ry'Imbonezamubano ushingiye ku Ikoranabuhanga aza kubona imenyerezamwuga mu kigo  mu kwamamaza cy’Abanyamerika ishami rya Cape Town cya Ogilvy.

Tunzi yatangiye kugaragara mu marushanwa y’ubwiza mu mwaka wa 2017 aza kugarukira mu bakobwa 26. Yaje gusa nk'utuje yongera gusubukura mu mwaka wa 2019 ahita anegukana ikamba.

Nyuma yo kwegukana ikamba yahawe Miliyoni 65 Frw zikubiyemo imodoka yo kugenderamo, inyubako yo kubamo muri Johannesburg mu gihe afite ikamba.

Iri kamba kandi ryatumye yitabira amarushanwa ya Miss Universe 2019 aranaryegukana, agaragirwa na Madison Anderson ukomoka muri Puerto Rico na Sofia Aragon wo muri Mexico.


Miss Zozibini ari mu bagore bagera ku 6,000 bitabiriye Inama Mpuzamahanga ya Women Deliver 

Zozibini yatanze ikiganiro gishamikiye ku gushyigikira abagore bakora ibikorwa by'ubugiraneza bigamije gufasha abandi

Tunzi w'imyaka 27 yaherukaga i Kigali mu 2022 ubwo yari yitabiriye iserukiramuco Africa IN Colors 

Zozibini yasuye 'Inkuru Nziza Hospital' ashima umusanzu wabyo mu guhindura ubuzima bwa benshi



Ubwo ku wa 9 Ukuboza 2019, Zozibini yambikwaga ikamba rya Miss Universe 2019






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND