Kigali

Nel Ngabo agiye gutaramira abazitabira Seka Live nyuma yo gusohora album ya gatatu

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:19/07/2023 10:25
1


Umuhanzi Nel Ngabo ategerejwe mu bazasusurutsa abazitabira igitaramo cy’urwenya cya Seka Live giteganyijwe kuba ku wa 30 Nyakanga 2023.



Iki gitaramo kiba mu mpera za buri kwezi kigafasha Abanyarwanda n’abandi gusoza neza ukwezi, cyamaze kongerwamo ibice bifasha benshi kunogerwa.

Mu gitaramo hagati, batanga umwanya wo kuruhuka, abantu bakajya hanze gusabana, kugura ibyo kurya no kunywa n’ibindi bifasha abitabira kunogerwa.

Nkusi Arthur utegura ibi bitaramo abinyujije muri Arthur Nation yabwiye InyaRwanda ko ibi biri mu rwego rwo gufasha abitabira ibi bitaramo kunogerwa.

Yavuze ko biri mu mpamvu zatumye batekereza kwifashisha Nel Ngabo wo muri Kina Music kuzataramira abantu muri iki gitaramo.

Ati “Twatangiye kugerageza ibintu bishya. Biri mu byatumye twongeramo igice cyo gutanga akanya gato abantu bakaruhuka mu rwego rwo kwishimira iki gitaramo. Rero kuri iyi nshuro twahisemo kongeramo Nel Ngabo kugirango azaririmbe mu gitaramo hagati.”

Nkusi Arthur avuga ko atahita atangaza ko buri gitaramo cya Seka Live bazajya bifashisha umuhanzi, ariko buri gihe bazajya bakora ibintu bishya muri iki gitaramo.

Ni ubwa mbere Nel Ngabo agiye kuririmba muri Seka Live. Ariko kandi ibi bitaramo byaririmbyemo abahanzi barimo Sintex uherutse gusohora indirimbo ‘Ye Ye Ye’.

Iki gitaramo cy'urwenya cyatumiwemo Patrick Salvador na Dr Okello wo muri Uganda, Michael Sengazi na Patrick Rusine bo mu Rwanda n'abandi.

Nel Ngabo agiye kuririmba muri iki gitaramo cy’urwenya nyuma y’uko muri Gicurasi 2023 ashyize hanze album ya gatatu iriho indirimbo nka ‘Reka nguteteshe’, ‘Arampagije’, ‘Woman’, ‘Ive’ yakoranye na Ruti Joel, ‘Ba basore’ yakoranye na P Fla, ‘Ukiri uwanjye’, ‘Blessed’ yakoranye na Sintex, ‘My Heart’, ‘Wine&Chill’, ‘Sina’, ‘Finall’, ‘Narahindutse’ ndetse na ‘Reka hashye’.

Patrick Salvador w'imyaka 38 y'amavuko wakuriye mu Mujyi wa Kampala, agiye gutamira i Kigali nyuma yo gusoza ibitaramo yakoreraga mu Bwongereza.

Yatanze ibyishimo mu gitaramo gikomeye yahakoreye ku wa 11 Kamena 2023, aherekejwe n'abanyarwenya bagenzi be Alfred Kainga, Thenjiwe, Eric Omondi wo muri Kenya, Daliso Chaponda usanzwe ubarizwa mu Bwongereza n'abandi.

Ubwo yategura ibi bitaramo muri kiriya gihugu, yavuze ko kuri we ari inzozi zibaye impamo kuko yamaze igihe atekereza kuzakorera igitaramo mu Bwongereza.

Yavuze ko imyaka irindwi yari ishize akorera ibitaramo by'urwenya yise “Africa Laughs” muri Uganda, ariko ko igihe kimwe yifuzaga kuzabikorera hanze y’iki gihugu, abonye amahirwe ahitamo kubanziriza mu Bwongereza.

Patrick yataramiye mu Mujyi wa London ku wa 11 Kamena 2023 n'aho ku wa 12 Kamena 2023 ataramira mu Mujyi wa Manchester.

Yifashishije konti ye ya Instagram, yavuze ko iki gitaramo kizaba kimwe mu bihangwa amaso na benshi muri Afurika.

Atumiwe muri Seka Live nyuma y'uko asoje biriya bitaramo. Uyu mugabo atangajwe nyuma y'umunya-Uganda, Dr. Hilary Okelo nawe utegerejwe muri Seka.

Patrick yaherukaga i Kigali muri Seka Live yabaye ku wa 4 Ukuboza 2022 muri Kigali Convention Center. Icyo gihe yataramiye abakunzi be yihuta biturutse ku kuba yarahageze atinze bitewe n'indege yamutindije.

Uyu mugabo yanigaragarje muri Seka Live yabaye ku wa 31 Nyakanga 2022. Ku wa 31 Werurwe 2019, nabwo yataramiye i Kigali muri Seka Fest.

Ni umunya-Uganda kavukire wakuriye ahitwa Ombokolo mu bilometero bike uvuye mu Mujyi wa Kampala. Aka gace yavukiyemo akunze kukagarukaho cyane, mu biganiro by’urwenya akorera ahantu hatandukanye. 

Yavutse ku wa 14 Gashyantare 1985. Kandi asanzwe ari umukinnyi wa filime, umushyushyarugambaga mu birori n’ibitaramo, akaba na enjeniyeri(Eng).

Muri 2009 yegukanye umwanya wa mbere mu irushanwa ‘Multichoice Africa’ ryari rigamije guteza imbere abanyarwenya.

Mu 2016 yagarukiye mu cyiciro cya nyuma mu irushanwa ‘World's Funniest Person competition’, mu 2017 na 2018 ashyirwa mu bahataniye ibihembo ‘Savannah Comic Choice Awards’.

Avuka mu muryango w’abahungu batanu n’abakobwa batatu. Ku babyeyi bari abacuruzi, Lawrence Dawa wo mu Ntara ya Koboko na Joyce Dawa wo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, RDC.

Uyu mugabo afite Impamyabumenyi y’icyiciro cya Kabiri cya Kaminuza yakuye muri Makerere mu Ishami ry’itumanaho. Yigeze kuvuga ko yatangiye gutera urwenya ubwo yari mu mashuri yisumbuye, kuva ubwo ayoboka inganzo.

Yakoze imirimo inyuranye. Muri Nzeri 2011 yasezeye akazi yakoraga muri MTN Uganda, mu 2011 atangira gukora kuri Radio Capital FM mu kiganiro ‘Dream Breakfast- Ibi byose byagiye bituma yigwizaho igikundiro mu bihe binyuranye.

 

Nkusi Arthur yatangaje ko batangiye gukora amavugurura mu bitaramo by'urwenya bya Seka Live

 

Nel Ngabo uherutse gusohora album ya gatatu yise 'Life, Love&Light' ategerejwe muri Seka Live


Ni ubwa mbere Nel Ngabo agiye kuririmba mu bitaramo by’urwenya bya Seka Live

 

Abanyarwenya barangajwe imbere na Patrick Salvador batumiwe muri Seka Live izaba ku wa 30 Nyakanga 2023

KANDAHANO WUMVE ALBUM YA GATATU YA NEL NGABO

">






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Mbappe 1 year ago
    Mwagiye nuduha na contact zanyu tukabavugisha kubindi twakwifuza kubabaza nkaho kizabera ntababeshye simpazi nakagombye kubahamagara mukandangira nkaza kwifanira Rusine&na Nel Ngabo wanjye



KOPA

Inyarwanda BACKGROUND