RURA
Kigali

Patrick Mazimpaka wifuza gutangiza ishuri rya GYM mu Rwanda yagaragaje ingorane abaterura ibiremereye mu Rwanda bahura nazo - VIDEO

Yanditswe na: ISHIMWE Olivier Ba
Taliki:9/07/2023 20:50
0


Patrick Mazimpaka n'umusiporotifu ubarizwa mu gihugu cya Australia, atangaza ko ashaka gushinga ishuri rizaba ririmo na GYM ku buryo bamwe mu bazaryitabira, bazagira amahirwe yo guhangana ku ruhando mpuzamahanga.



Ni mukiganiro uyu mutoza yagiranye na InyaRwanda TV ubwo yagarukaga ku busesenguzi bw'uko yabonye inzu sa siporo (GYM) n'urwego zigezeho.

Agaruka ku ntego ze Patrick yavuze ko ashaka gufasha abasore b'abanyarwanda kuba imyitozo bakora yabafasha guhatana ku rwego mpuzamahanga. Yagize Ati " intego zanjye ni uguhindura ubuzima bw'abantu by'umwihariko abanyarwanda. Ndashaka kubaka ama GYM hano mu Rwanda nkafata abasore b'abanyarwanda, ku buryo batangira kujya muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika kwitabira amarushanwa atandukanye kandi akomeye."

Patrick Mazimpaka yakomeje avuga ko izi GYM ashaka gushinga zizaba zidahenze kugira ngo buri umwe abashe kuba yazitabira bihabanye n'ibyo bavuga ko izi nzu biba zihenze.

Mazimpaka kandi usanzwe ukoresha abantu imyitozo hifashishijwe murandasi, ku bwe avuga ko uruganda rw'iyi myitozo mu Rwanda bataruha agaciro gakwiye, ndetse bamwe babashije no kumenyekana biciye muri izi siporo usanga baba banyamwigendaho aho kugaruka inyuma ngo bafashe abakiri bato.

Patrick Mazimpaka yavuye mu Rwanda ahava afite imyaka 4 ajya muri Kenya we n'umuryango we, nyuma baza kujya muri Australia, aho akorera akazi ke.

Kandahano urebe ikiganiro mu buryo bw'amashusho

">

Patrick avuga ko ubuzima bwe bwose yabuhariye siporo 


Afite intego zo gufasha GYM zo mu Rwanda ndetse no gufasha abakinnyi kwitabira imikino hanze y'u Rwanda






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND