Mu gihugu cya Haiti ibihumbi n’ibihumbi byavanywe mu byabo ndetse abenshi bahitanwa n’umwuzure mu gihe igihugu cyahuye n’imihindagurikire y’ikirere ndetse n’ibibazo bya Politiki.
Ibinyamakuru AL
JAZEERA na NEWS AGENCIES byatangaje ko abantu benshi bapfiriye mu kirwa cya
Karayibe muri Haiti kubera imvura nyinshi n’umwuzure byarengeye igihugu.
Ku
wa mbere, ikigo cya leta gishinzwe guhangana n’ibiza cyavuze ko byibuze abantu
42 bishwe, 13,300 babuze amazu yabo, naho 11 baburiwe irengero nyuma y’icyumweru
cy’imvura nyinshi yateje inkangu bigatuma imigezi isandarira mu nkengero zayo.
Ikigo gishinzwe kurengera abaturage muri iki gihugu, cyatangaje ku wa mbere kiti: "Ni ngombwa gukurikiza ibyifuzo by’inzego z’ibanze ku bijyanye no gukumira ingaruka z’umwuzure no kwimurwa".
Ikigo cyongeyeho kiboneyeho
gufata umwanya wo kwibutsa abantu bari mu byago kudaca mu nzira zarengewe n’amazi
uko ibintu bimeze kose.
Umwuzure wahinduye imihanda imigezi, yangiza amazu, yimura abaturage kandi itwara imodoka n’imyanda.
Ibi biza, bije bikurikira ibibazo byugarije
Haiti, harimo iby’ubukungu bwifashe nabi, ubwiyongere bw’ihohoterwa rikorwa
n’udutsiko tw’amabandi ndetse n’imidugararo ya Politiki.
Tariki ya 3 Kamena amazi yatangiye gukura abantu mu ngo zabo bu bice byose bigize iki gihugu harimo Ouest, Nippes, Sud-Est, Nord-Ouest na
Centre.
Ku
cyumweru, guverinoma yatangaje ko hapfuye abantu 15. Ariko ku wa mbere, ikigo
gishinzwe kurengera abaturage kivugurura umubare w’abantu bishwe, bagera kuri
42, naho 85 barakomereka.
Abayobozi
ba Haiti batangaje ko amatsinda ashinzwe ubutabazi bw’ibanze ari kugerageza
kugera ku baturage bahuye n’ibibazo, amwe muri yo akaba yarahagaritswe n’inzira
zafunzwe n’umwuzure.
Ku
cyumweru, ku rukuta rwe rwa twitter, Minisitiri w’Intebe wa Haiti, Ariel Henry,
yatangaje ko guverinoma iri gukorana n’ibigo by’ibigo by’imbere mu gihugu
ndetse n’amahanga kugira ngo “ifate ingamba zihutirwa hagamijwe kureba uburyo
haboneka ibisabwa ubu.”
Ishami
ry'Umuryango w'Abibumbye ryita ku biribwa ku Isi, ryatangaje ko rizatangira
guha abimuwe amafunguro, no gukusanya ubushobozi bwo gutanga ibiribwa byumye ku
bantu bagera ku 15,000.
Loni
ivuga ko umwuzure wazanye izindi ngorane ku Banyahayiti, kuko hafi kimwe cya
kabiri cyabo bari basanganwe ikibazo cy’ibura ry’ibiribwa na mbere y’umwuzure.
Ibi byago kandi birasa nk’ibiburira abanyagihugu bafite amikoro make, kwitegura
no gushaka uko bakwirinda ingaruka z’imihindagurikire y’ikirere.
TANGA IGITECYEREZO