Umuhanzi Rusanganwa Norbert wamamaye nka Kenny Sol, agiye gushyira hanze 'Extended Play' (EP) ya mbere nyuma y’imyaka irenga ine atangiye urugendo rwo kwikorana umuziki.
Umuhanzi Kenny Sol nyuma yo gutaramira muri Leta Zunze Ubumwe za Abarabu mu
mujyi wa Dubai, agiye gushyira hanze "EP" yise” Stronger Than
Before”, ikaba iya mbere uyu muhanzi akoze nyuma y’imyaka irenga ine amaze
atandukanye n’itsinda Yemba Voice agatangira kwikorana ku giti cye.
Mu kiganiro na InyaRwanda, uyu muhanzi yavuze ko uyu muzingo usobanuye byinshi
ku mwuga w’ubuhanzi akora ndetse ko yahisemo izina ”Stronger Than Before” kugira
ngo ahumurize abantu ntibacike intege mu byo banyuramo mu buzima bwa buri munsi.
Yagize ati ”Stronger Than Before ni izina ryahiswemo kugira ngo duhumurize abantu, ntibacike intege mbese tubongerere icyizere. Kandi nanone risobanuye byinshi ku mwuga wanjye ku by'ibyo nifuza kugeraho cyangwa guha abakunzi banjye kuko sinteze kubatenguha."
Kenny Sol ni umwe mu bahanzi batatu bari bagize itsinda Yemba Voice ryakanyujijeho mu muziki riza gusenyuka mu Ukuboza 2018 buri umwe atangira urugendo rwo kwikorana ku giti cye. Nyuma yo kuva muri iri tsinda, Kenny Sol yagaragaje umurava ukomeye cyane akorana n’abahanzi batandukanye barimo Bruce Melodie nyuma nawe baje gutandukana adashyize hanze umuzingo n’umwe.
Abajijwe ku mpamvu mu myaka yose amaze yikorana yahisemo uyu mwaka wa 2023, ngo
asohore umuzingo yavuze ko ntacyo yagendeyeho awutoranya ahubwo ko
afite byinshi ateganyiriza abafana be ku buryo atari gukomeza kubicisha ipfa.
Ati ”Yego niwo muzingo wa mbere ariko kandi si nawo wa nyuma kuko mfite byinshi
nyeneye guha abantu banjye, rero ntacyo nagendeyeho mpitamo umwaka ahubwo mfite
byinshi nyeneye guha abantu banjye.”
Uyu muhanzi kandi yemereye InyaRwanda ko ateganya gushyira hanze indirimbo nshya
ku wa gatanu tariki 02 Kamena, ikaba urufunguzo [Intro] rwa Ep “Stronger Than Before” igizwe
n’indirimbo 7 azashyira hanze tariki 30 Kamena 2023.
Sol nyuma yo gutangira inzira yo kwikorana, ni umwe mu bahanzi bagaragaje ubushake bwo kwambutsa umuziki
nyarwanda, atangira gufatira amashusho y’indirimbo ze mu bihugu bitandukanye
birimo Tanzania aho yafatiye ‘Quality’ yakoranye na ‘Double Jay’ ukorera mu Burundi, Repubulika
Iharanira Demokarasi ya Congo yafatiye amashusho ya ‘Say my name’ n’ahandi.
Ku kuba bishoboka ko kuri uyu muzingo hazagaragaraho amashusho yakoreye mu
bihugu bitandukanye, yahamije ko hari ayo yafatiye mu bindi bihugu kandi
ko abantu bakwiye kwitega uyu muzingo kuko yizeye ko uzabanyura. Ati” Of Course
harimo amashusho y’ahantu hatandukanye muzabimenyeshwa vuba”
Kenny yakomeje asobanura ko uyu muzingo amaze amezi atanu
ategura, usobanuye byinshi ku buzima bwite kandi ko atari kuri we gusa ahubwo
ko no ku bantu bose bafite ubushake bwo gukora ikintu ntibacike intege. Ati” Isobanuye
ubuzima muri rusange kandi si kuri njye gusa ahubwo kuri buri muntu ufite
ubushake bwo gukora ikintu runaka, adateganya gusubira inyuma.”
Hari amafoto InyaRwanda yakiriye Kenny Sol ari
muri Tanzania ari kumwe na bamwe mu bakorana na Harmonize bikavugwa ko
bafitanye umushinga ushobora no kuba uri kuri iyi Ep nshya yitegura gusohora.
Kuri iyi ngingo Kenny Sol yavuze ko yahuye na Harmonize ubwo yari mu Rwanda ariko
yirinda kwemeza cyangwa guhakana ko baba barakoranye indirimbo.
Yagize ati “ Ntabwo ari cyo bisobanuye kuko yaba ari Harmonise ubwo aheruka hano
kandi twabashije kubonana turanaganira, ibijyanye n’abariho kuri Ep ndigutegura
uburyo nabibagezaho muri rusange “
Kenny Sol agiye gushyira hanze indirimbo ‘Intro’ ku wa gatanu tariki 02 Kamena, izasogongeza abantu uburyohe bwa Ep “ Stronger Than Before” izajya hanze tariki 30 Kamena 2023
Uyu muhanzi ni umwe mu bifashishijwe mu gususurutsa ibihumbi by’abafana bitabiriye
imikino ya nyuma y’igikombe cy’Afurika mu mikino iherutse gusozwa i Kigali
TANGA IGITECYEREZO