RFL
Kigali

Paula Kajala ku myaka 20 yibitseho indi modoka y’igitonore y'asaga Miliyoni 21Frw-AMAFOTO

Yanditswe na: Abitije Seraphin Elise
Taliki:29/05/2023 17:42
0


Umunyamideli uri no mu bari n’abategarugori batigisa imyidagaduro y’Akarere k’Ibiyagabigari, Paula Kajala yibitseho imodoka ya za miliyoni nk’umushabitsi umaze kugera kure.



Ku myaka 20 Paula Kajala amaze kugira imodoka zitari nke. Ibijyanye n'imodoka nshya yaguze, yabitangaje abinyujije ku rubuga rwe rwa Instagram.

Uyu mukobwa agaragaraza ko atewe ishema no kuba yabashije kwibikaho imodoka yo mu bwoko bwa Toyota Vanguard yo mu ibara ry’umukara.

Uretse kumurika imyambaro, uyu mukobwa ari no mu bushabitsi bwayo binyuze muri Paula Closet yashinze.

Paula yatangaje ko iyi modoka yaguze ihagaze miliyoni 45 z’amashilingi ya Tanzania akaba ari asaga miliyoni 21Frw.

Mu butumwa yaherekesheje amafoto y’imodoka ye yashimye Imana ikomeje kumuteza intambwe.

Ati”Murebe imodoka yanjye nshya. Ntewe ishema nanjye. Uyu munsi mbashije kugera ku gahigo ko gutwara imodoka ya miliyoni 45 Tsh nakuye mu mbaraga zanjye.”

Yongeraho ati”Mana ndagushima kandi ubu ni bwo ibintu bigitangira mutegereze.”

Iyi modoka ibaye iya kabiri yibitseho muri uyu mwaka nyuma y'iyo nyina yamuhayemo impano muri Mutarama 2023 yo mu bwoko bwa Toyota Crown.Paula Kajala ari mu bakobwa bakiri bato ariko bamaze kwibikaho abakunzi batagira inganoAkora ubushabitsi bushingiye ku mideli binyuze muri Paula Closet, ndetse gukundana n'ibyamamare biri mu bituma ahora mu binyamakuruMu ntango za 2023 nyina yamuhaye impano y'imodoka yo mu bwoko bwa Toyota CrownImodoka nshya Paula yibitseho yatangaje ko yamutwaye asaga miliyoni 21FrwKu myaka micye ari muri bacye batunze imodoka zitari nke






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND