RFL
Kigali

NKORE IKI: Murumuna wanjye yanciye inyuma hamwe n’umugabo wanjye none amutwitiye impanga

Yanditswe na: Kwizera jean de Dieu
Taliki:29/03/2023 10:32
3


Si kenshi inkuru nk’izi zishyirwa hanze, gusa hari ubwo byanga mu nda ya nyiri ubwite, agahitamo kugisha inama ahantu hatandukanye.



Umugore yagaragaje ko umukobwa bavukana (Murumuna we), yamuciye inyuma we n’umugabo we bararyamana mu gihe atari ahari, none kugeza ubu murumuna we atwite impanga z’umugabo we. Uyu mugore aragisha inama akibaza uko yabigenza.

Yagize ati: ”Ndi umugore w’umugabo kandi twari tubanye neza kuko umugabo wanjye dufitanye abana 3 tubana mu rugo hamwe na murumuna wanjye ndetse n’umukozi wacu. Bitewe n’akazi nkora ka buri munsi, umugabo wanjye niwe ukunda kuba uhari akita no ku mirimo yo mu rugo na cyane ko dufite imirima hafi yo mu rugo ku buryo ariyo yitaho.

Mu minsi ishize rero nageze mu rugo ninjiye mu cyumba cya murumuna wanjye nsanga arimo kuruka ari no kurira. Naramwegereye ndamuganiriza aza kumbwira ko atwite ndetse ambwira ko atwite inda y’umugabo wanjye, ampishurira ko yamufashe ku ngufu akabura aho ahera ataka kuko yari yamuteye ubwoba akamubuza no kuzamena iryo banga.

Uwo mwanya nabuze aho mpera, mbura imbaraga zo kumpagurutsa aho, mbura epfo na ruguru, ndangije ndahaguruka njya kureba umugabo wanjye, ndamwicaza, ndamubaza neza kugira ngo nawe abinyemerere”.

Uyu mugore yagaragaje ko akigera imbere y’umugabo we nta kibazo bari bafitanye gusa akimubwira ibyo gutwita kwa murumuna we yahise arakara amera nk’intare ishonje, mbese amusamira hejuru.

Ati: ”Umwanya nahingukije iby’uko murumuna wanjye atwite, ni wo mwanya umugabo wanjye yahise arakariraho amera nk’intare. Yarandakariye aranzimya neza ku buryo nabuze icyo nkora”.

Ubu rero ndagisha inama, mumfashe mumbwire uyu mugabo mukorere iki ? Ese uyu mwanya mfashe murumuna wanjye iki ko namaze kumirwa?".

Uretse uyu mugore ibi byabayeho, inkuru nk’izi zibera mu ngo bikarangira ari ibanga ribyaye amahari n’amakimbirane, inama mutanga zizafasha n’abandi bahura n’iki kibazo.

Uramutse ushaka kuduha ibitekerezo cyangwa kutugezaho inkuru yawe igisha inama, watwandikira kuri Email yacu info@inyarwanda.com






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Mukobwa salama1 year ago
    Mwaramutse,inama yo kumukomeza rero nuko agomba gutekereza adafite uburakari kugirango adahubuka bikagira ingaruka kuri famille yose.noneho icyo akwiye kureba n'isano iri hagati yabo bose,umugore n'umugabo na murumunawe ndatse n'abo bana azabyara bityo arebe kukibahuza aricyo sano kurusha ikibatandukanya ariyo Ayo mabara bakoze.yiturize yihangane azarebe ibikurikiraho yirinde kuba impamvu y'amakimbirane.kuko muri iki gihe birakaze ubwicanyi mungo kubera bene ayo mahano biteye inkeke pe!komera wiyakire uzaba ufite insinzi ikomeye kuko nubundi byarabaye ntacyo wabihinduraho.murakoze.
  • UWIHOREYE JMV1 year ago
    UWOMUGABO NABE AMURETSE ABANZE YITE KU MUGORE UTWITE IBINDI BAZABISUBIRAMO NYUMA
  • Sinumvayabo 1 year ago
    Haramakosa abantunkabo bakora niba ntamwanya wokwitakurugo yarafite urumva kwatitaga nokumugabo naho murumunawe yitubeshya ntiyamufashe kungufu yitonde kuvuga iryojambo atazabata naho umugore mukuru narusome niwe warwishigishiye azana umugore wakabiri ahubwo acunge numukozi atabu mugire wagatatu





Inyarwanda BACKGROUND