RFL
Kigali

Abagore gusa : Impamvu 3 zishobora gutuma ubihirwa n’urushako hamwe n’umugabo wawe

Yanditswe na: Kwizera jean de Dieu
Taliki:23/03/2023 9:30
0


Gushaka umugabo ni kimwe, ariko no kunyurwa ukumva ko ukeneye kwishima nacyo ni ikindi. Urukundo ni ikintu kigomba kuba hagati y’abashakanye, ariko hari igihe byanga neza neza.



Kubaka urugo ntabwo ari ikintu buri mukobwa yakora bitewe n’uko abyutse akumva hari umuntu umubwira ko yifuza ko babikorana, bisaba kwitonda no gushishoza.

Urugo ni ikintu gikomeye cyane kuburyo hari ubwo umwe mubashakanye (umugore) ashobora kubihirwa narwo, kandi nyamara bari kumwe. Rimwe na rimwe bamwe barashakana bagasazana, abandi bagashakana hadaciyemo kabiri bagatandukana. 

ESE NI IKI GISHOBORA GUTUMA UMUGORE ABIHIRWA N’URUGO KANDI AJYA KURUSHAKA YARI YISHIMYE ?

1. Atenguhwa n’utuntu duto tugatuma atishima ku giti cye

Biroroshye cyane gutunga umuntu urutoki kubera akabazo gato, nyamara ukananirwa kwihanganira kumwumva no kumutega amatwi. Abagore benshi babihirwa n’urushako bitewe n’uko udukosa duke tuba, twose batwegeka ku bagabo babo hakabura igaruriro.

2. Umugore yinjira mu rukundo neza, umugabo akarusohokamo

Aha umugore arabihirwa cyane, ndetse akajya ahorana isura irakaye. Benshi mu bagore babihiwe n’urushako, babitewe n’uko abagabo babo babatereranye mu rukundo bigatuma biheba, ndetse bakumva ko bari bonyine. Mu ngo zabo ntabwo baba bagisangira urukundo n’uwo bashakanye.

3. Ntabwo baba bashaka kwiga ibintu bishya

Urugo ni ishuri, ni hamwe ugera ugasabwa kujya wiga kandi ugashyira mu bikorwa ibyo wize. Umugore udafata umwanya ngo yige uburyo bushya bwo gushimisha umugabo ahorana ubusanzwe, igihe cyagera akabirambirwa rwose. Ahari nawe hari izindi mpamvu uzi, zidusangize unyuze ahatangirwa ibitekerezo.

Isoko: 3-mob.com






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND