RFL
Kigali

Nadia utarakira ko AKA bakundanaga yitabye Imana yashyize hanze ubutumwa bwabo bwa nyuma

Yanditswe na: Abitije Seraphin Elise
Taliki:15/03/2023 11:32
0


Umuraperi w’umunya South Africa, Nadia Nakai, n'ubu aracyunamira uwari umukunzi we, AKA witabye Imana arashwe, ibintu byababaje abantu benshi ku isi.



Ku ruhande rwa Nadia bakundanaga, byabaye ibindi nk’umuntu wari ubuze igice cy’ubuzima bwe (umukunzi).

Mu butumwa yasangije abamukurikira, yagaragaje ubutumwa bwa nyuma yagiranye n’umukunzi we kuri WhatsApp mu ijoro AKA yapfuyemo.

Muri ubwo butumwa buri umwe yifurizaga undi ibyiza mu gihe barimo bitegura ibirori bose bari bagiye kwitabira. Icyo gihe Nadia yasabaga AKA ko yamuririmbira nyamara ntibyabashije gukunda kuko iryo joro ari ryo yishwemo.

Nadia Nakai akomeje kurwana n’umutima ngo ubashe kwemera ko AKA atagihari, avuga ukuntu yababajwe no kuba ubutumwa yohereje atarabashije kububona. Ati: ”Impamvu ubu butumwa utabashije kububona ni uko wari wagiye.”

Ukwezi kurenga kurashize AKA yitabye Imana, ariko Nadia akomeje gushyira hanze ubutumwa bwo kumwibuka. Avuga ko ari ibishoboka, ibihe byasubira inyuma, ibyabaye ntibibe byarabaye.

Nadia na AKA bari mu rukundo rugaragarira buri umwe, aho byinshi mu binyamakuru by’imyidagaduro byabagarukagaho. 

Uretse Nadia washegeshwe bikomeye n’urupfu rw’umukunzi we, n’isi y’imyidagaduro yahungabanijwe n’iraswa rye.

Kugera n’ubu iperereza rirakomeje ngo hamenyekana uwamurashe, gusa polisi yatangaje ko uwamurashe yabikoze yihuta agahita abura.

Nadia Nakai yashyize hanze ubutumwa bwa nyuma yagiranye n'umukunzi we AKA Kuwa 10 Werurwe 2023 ubwo ukwezi kwari gushize AKA yitabye Imana Nadia yagaragaje ko kuri we bigisa nk'ibyabaye ejo hashizeUrukundo rwa AKA na Nadia rwamamaye cyane mu mwaka wa 2022Bari bakundanye bikomeye kandi mu buryo batahishaga, bikaba byaratumaga ibinyamakuru bihora bibagarukaho

Nadia yavuze ko yashenguwe no kuba ikiganiro cyabo kitararangiye kuko ubutumwa bwa nyuma yahaye AKA atabusubije






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND