RFL
Kigali

Rumaga yishyize mu mwanya w’umuntu wasuye Imana mu ijuru mu gisigo gishya-VIDEO

Yanditswe na: Theos Uwiduhaye
Taliki:28/01/2023 9:30
0


Rumaga Junior wa Nsekanabo uri mu basizi bahagaze neza, yashyize hanze igisigo gishya yise ‘Ivanjiri II’ yahuriyemo n’umuririmbyi Alpha Rwirangira.



Iki gisigo kije gikurikira icyo yakoze bwa mbere yise ‘Ivanjiri’. Muri iki gisigo cya mbere uyu muhanzi aba ari mu isi mu gihe ‘Ivanjiri II’ aba yagiye mu ijuru nk’uko yabibwiye InyaRwanda.

Ati ‘‘Nk’uko tubizi mu buzima twese tugira imyemerere itandukanye ariko tugahurira ku Mana. Muri kiriya gisigo mba ndi mu ijuru. Nkabarira Imana inkuru z’iwacu iby’imico yadutse itari isanzwe n’ibindi. Ni igisigo nakoze ndi mu mwanya w’umuntu wagiye kubonana n’Imana.’’

Yavuze ko yakoranye na Alpha Rwirangira kuko basanzwe baziranye, ndetse yaramwifashishije kuko yumvaga muri iki gisigo yajyamo bikaba byiza cyane.

Akomeza avuga ko uretse iki gisigo bafitanye indi mishinga myinshi.

Rumaga yari aherutse gushyira hanze album y’igisigo yise ‘Mawe’ iriho ibisigo 10 birimo n’iki yashyize hanze.

Muri ibi bisigo harimo icyo yise “Mawe” yanitiriye iyi album, “Inyana y’Inyange Imaragahinda”, “Narakubabariye” yahuriyemo na Bruce Melodie, “Kibobo” yakoranye na Juno Kizigenza na “Mazi ya Nyanja” yakoranye na Alyn Sano.

Hari kandi “Intango y’Ubumwe” yahuriyemo na Mr Kagame, Bulldogg na Yvan Buravan witabye Imana ushize, “Komera Mukobwa”, “Intambara y’Ibinyobwa” yakoranye na Rukizangabo na Rusine ndetse, “Komera Mukobwa” n’iki gisigo yashyize hanze.

Rumaga mu kwamamaza iyi album yafashe ifoto ari kumwe n’umubyeyi ku buryo bamwe bakekaga ko ari nyina ariko avuga ko atari we ahubwo ari uko izina rya album ari "Mawe" cyangwa se "Mama" bityo akaba yarifashishije uwo mubyeyi kugira ngo ubutumwa buriho bugire injyana.

Uyu musore kugeza ubu yamaze kumurika n’urubuga ruzajya rucururizwaho ibisigo ndetse ni naho album ye izabanza kujya ica. Kugeza uyu munsi Rumaga ari gukorana n’abasizi barimo Saranda Poetes, Tuyisenge Olivier, Dinah Poetes na Fefe Kalume.

Iyi album iriho iki gisigo yashyize hanze  uyu musore yayanditse mu 2019, yahisemo kuyishyira hanze ku  wa 3 Nyakanga 2022 cyane ko ariyo tariki avukaho. Ku wa Gatanu tariki 8 Nyakanga ni bwo iyi album izashyirwa ku mbuga zitandukanye, ahereye ku rubuga rwe yise “SigaRwanda”.Rumaga ni umwe mu basizi bakomeye mu RwandaRumaga yasohoye igisigo cy'iyobokamana

REBA IGISIGO RUMAGA YASHYIZE HANZE


 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND